UBUZIMA

U Rwanda rwashyizeho ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Corona Virus kitaragera ku butaka bw’Igihugu.

Mu kiganiro n’itangazamakuru Minisitiri w’ubuzima Dr Diane Gashumba yavuze ko imbaraga u Rwanda rumaze iminsi rushyira mu gukumira icyorezo cya Ebola ndetse n’ibindi byorezo  zitahungabanyije ubushobozi bw’Igihugu bwo guhangana n’ibindi byorezo by’inzaduka birimo na Coronavirus.

Advertisements

Ati “Gahunda z’ubuzima mu gihugu cyacu ziri muri gahunda zihabwa ingengo y’imari kurusha izindi  tuzi icyemezo cya Abuja cyafashwe  mu myaka 10 ishize  cy’uko ibihugu bikwiye gushyira ingengo y’imari irenze 15% twe twarabirengeje rero icyo dukora ntabwo ari ukwicara ngo icyorezo nikiza tuvuge ngo dukeneye amafaranga angana gutya, ingengo y’imari duhabwa igera kuri miliyari 300 z’amafaranga y’u Rwanda haba harimo no kwitegura ibyorezo, ubu tumaze igihe kirekire twitegura icyorezo cya Ebola ariko tuba duteganyiriza n’ibindi byose bishobora kuza tubikora mu guhugura abakozi,kugira laboratoire zikora neza no kuvugurura ibikoresho.”

U Rwanda rwashimangiye ko rwashyizeho ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Corona Virus kitaragera ku butaka bw’Igihugu.

Muri iyi minsi hakomeje gutangazwa umubare munini w’abanduye iki cyorezo kandi Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije u Bushinwa igihugu iki cyorezo cyatangiriyemo aho kimaze guhitana abasaga 200 na ho abasaga 9,000 bakaba bamaze kucyandura mu bihugu 23 by’isi.

Iki cyorezo cya Coronavirus kivugwa mu Bushinwa kandi cyatumye sosiyete nyarwanda ikora ingendo zo mu kirere “ Rwandair’’ ihagarika by’agateganyo ingendo zijya cyangwa ziva I guangzu mu Bushinwa.

RwandAir yavuze ko kuva kuri iyi tariki ya 31 kugeza igihe izamenyesha abayigana, ibaye ihagaritse izi ngendo by’agateganyo bitewe n’uko ishami rya Lonu rishinzwe ubuzima ryaraye ritangaje ibihe bidasanzwe ku isi yose kubera iki cyorezo kimaze guhitana ubuzima bwa benshi.

Abantu bari baraguze amatike ya Rwandair ajya cyangwa ava Guangzu ngo bazasubizwa amafaranga yabo cyangwa se bahindurirwe amatike.

Umunyamabanga uhoraho  muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga  Urujeni Bakuramutsa avuga ko Leta y’u Rwanda ikomeje gukorana n’igihugu cy’Ubushinwa mu guhangana n’iki cyorezo.

Ati “Ambasade y’u Rwanda mu bushinwa  i Beijing iri gukorana n’abanyarwanda baba muri iki gihugu 155 batuye mu ntara ya HUBEI iyi ni intara ingendo zahagaritswe,aho mu banyarwanda bahatuye nta we urandura indwara ya coronavirusi tukab turi gukurikirana ko icyo bakeneye cyose bari kukibona.Leta y’u Rwanda ifitiye ikizere ubushobozi bw’igihu cy’ubushinwa  mu kurwanya iki cyorezo tukibuka gushimira  no gushima imbaraga leta y’ubushinwa yashize mu bikorwa  byo kurwanya iki cyorezo gihangayikishije isi”

Kuva taliki ya 31 Ukuboza 2019 ubwo iyi ndwara ya Corona Virus yagaragaraga mu gihugu cy’Ubushinwa, imaze kugera mu bihugu 23, Ibihugu bikaba byarafashe ingamba zo guhagarika ingendo zo mukirere zerekeza mu bice biherereyemo iki cyorezo.

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe mu Rwanda hakaba harashyizwe ibikoresho n’itsinda ry’abagaga 10 bahoraho mu gupima abinjira mu Rwanda muri gahunda yo gukaza ingamba zo gukumira iki cyorezo mu gihugu.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago