Umunya Eritrea Tesfazion Natnael ni we wegukanye isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda 2020.
Abanya Eritrea bazi neza iri siganwa kuko uyu abaye uwa gatatu uritwaye nyuma ya Daniel Teklehaimanot waryegukanye mu 2010 na Merhawi Kudus waryegukanye mu 2019.
Muri rusange yakoresheje amasaha 23 iminota 13 n’amasegonda 01 mu isiganwa ryazengurutse u Rwanda rwose mu minsi 8 rimaze, mu ntera ya kilometero 889.
Tefazion Natnael yarushije Mugisha Moïse, Umunyarwanda ukinira ikipe ya SKOL Adrien Academy, amasegonda 54.
Agace ka nyuma k’isiganwa ariko kegukanywe na José Manuel Díaz Gallego, Umunya Espagne ukinira ikipe ya Nippo Delko Provence yo mu Bufaransa.
Agace ka nyuma kari gafite uburebure bwa kilometero 89, abasiganwa bazenguruka imihanda yo mu mujyi wa Kigali.
Díaz Gallego yakoresheje amasaha 2 iminota 33 n’amasegonda 24. Yasize Umunyarwanda Mugisha Moïse wabaye uwa kabiri amurusha amasegonda 2.
Iri rushanwa riri ku rwego rumwe n’irushanwa rya la Tropicale Amissa Bongo ryo mu gihugu cya Gabon, yombi akaba ari ku rwego rwa 2.1 ari rwo rwego ruri imbere ku marushanwa yo ku mugabane w’Afurika.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…