Buri wese agiye kujya yambara Agapfukamunwa aho ari hose

Minisiteri y’ubuzima iratangaza ko abantu bose baba bari mu rugo cyangwa basohotse hanze bagomba kwambara agapfukamunwa.

Kwambara Agapfukamunwa kuri buri muntu wese mu Rwanda, bizagabanya ikwirakwizwa rya corona virusi nk’uko Ministri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije yabitangaje mu kiganiro yagiranye na RBA.

Kuva ku wa 20 Mata 2020 buri muntu wese arasabwa kwambara agapfukamunwa kugira ngo yirinde kwanduza cyangwa kwandura icyorezo cya Corona Virusi cyangwa COVID-19.

Ministri w’ubuzima Daniel Ngamije yabitangarije Ikigo k’Igihugu k’Itangazamakuru RBA mu Rwanda, aho yavuze ko abanyarwanda bose bagiye kujya bambara Agapfukamunwa aho bari hose.

Yagize Ati “ Ni kemezo cyafashwe ko Abanyarwanda bagomba kukambara bose. Twese tugomba kujya tukambara igihe turi mu ngo n’igihe dusohotse. Leta n’abatanyabikorwa bayo na ba rwiyemezamiromo tugiye gukorana ku buryo tuzaboneka ku isoko kandi ku giciro cyiza. Ni ukuvuga ko guhera ku wa mbere inganda zatangiye kudukora , ku buryo mu mpera z’icyumweru tuzaba duhari ku isoko”. 

Minisitiri w’Ubuzima yakomeje avuga ko udupfukamunwa tugomba no gupfuka amazuru. Utuzakorwa tukaba tuzaba dushobora gufurwa inshuro 5 ku buryo umuntu yakagura akajya agasukura.

Ministri kandi yagarutse ku kamaro kako. Agira ati: ” icyo kamara ni uko ukamabaye ntiyanduza mugenzi we uri imbere. Ahirwe yo kumwanduza aba yagabanyutse kuko Iyo uvuga ntabwo amacandwe akuva mu kanwa ngo abe yamugwa mu maso cyangwa se ngo amugweho yikoreho maze abe yakwandura. Nawe kandi igihe umuri imbere iyo avuga niko bigenda”.

Ministri w’ubuzima yakomeje avuga ko abantu bose nibatwambara bizatuma hafatwa n’izindi ngamba mu minsi iri imbere zigamije kurinda iki cyorezo cya COVID-19.

Agapfukamunwa ni kimwe mu bikoresho byifashishwa, mu kugirira isuku imyanya y’ubuhumekero, aho gafasha kurinda imyanda cyangwa imyuka mibi ishobora kwinjira mu mazuru cyangwa mu kanwa, ubu kakaba bari kwifashishwa mu gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Corona Virusi, imaze kugera mu bihugu byinshi bitandukanye by’Isi, kandi ikaba imaze guhitana umubare utari muto w’abtuye Isi.

Mu Rwanda abamaze kwandura COVID-19 bagera ku 144, mugihe 69 bamaze gukira, ingamba zo kwambara udupfukamunwa kuri buriwese zikaba zishyizweho zunganira izari zisanzwe harimo; kuguma mu rugo, gukaraba amazi meza n’isabune, kwirinda guhurira ahantu hari abantu benshi. N’ibindi aho uwagaragaza ibimenyetso ahamagara 114 agahabwa ubufasha n’inzego z’ubuzima.

Buri muntu wese agomba kujya yambara agpfukamunwa aho ari hose

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *