Perezida Kagame Paul yategetse ko ibendera ry’u Rwanda ryururutswa kugera hagati mu rwego rwo kwifatanya n’Abarundi kunamira Perezida wabo Nkurunziza Pierre uherutse kwitaba Imana.
Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard; rivuga ko Perezida wa Repubulika unayoboye umuryango wa Africa y’Iburasirazuba yategetse ko Ibendera ry’uyu muryango riri mu Rwanda n’iryo u Rwanda yururutswa kugeza kuri kimwe cyakabiri.
Iri tangazo rivuga ko aya mabendera azururutswa kugeza igihe nyakwigendera Perezida Pierre Nkurunziza azashyingurirwa.
Mu bihugu bigize Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, kugeza ubu bine muri bitandatu byururukije amabendera yabyo.
U Rwanda runayoboye uyu muryango rwatangije iki gikorwa kuri uyu wa 13 Kamena 2020, kimwe na Uganda yabitangiye ejo hashize, Tanzania ndetse na Kenya byose biza gutangiza iki gikorwa uyu munsi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…