Perezida Kagame Paul yategetse ko ibendera ry’u Rwanda ryururutswa kugera hagati mu rwego rwo kwifatanya n’Abarundi kunamira Perezida wabo Nkurunziza Pierre uherutse kwitaba Imana.
Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard; rivuga ko Perezida wa Repubulika unayoboye umuryango wa Africa y’Iburasirazuba yategetse ko Ibendera ry’uyu muryango riri mu Rwanda n’iryo u Rwanda yururutswa kugeza kuri kimwe cyakabiri.
Iri tangazo rivuga ko aya mabendera azururutswa kugeza igihe nyakwigendera Perezida Pierre Nkurunziza azashyingurirwa.
Mu bihugu bigize Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, kugeza ubu bine muri bitandatu byururukije amabendera yabyo.
U Rwanda runayoboye uyu muryango rwatangije iki gikorwa kuri uyu wa 13 Kamena 2020, kimwe na Uganda yabitangiye ejo hashize, Tanzania ndetse na Kenya byose biza gutangiza iki gikorwa uyu munsi.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…