UBUZIMA

Gicumbi: Ikibazo cy’abagifite ipfunwe ryo kuboneza urubyaro kigiye kubonerwa igisubizo

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Byumba bavuga  ko bagiye bafashwa kuboneza urubyaro batanyuze kwa muganga byakongera umubare wababyitabira. Ibitaro bya Byumba bivuga ko bigiye kujya bibafasha byumwihariko.                                                         

Advertisements

Nkuko bigaragazwa n’akarere ka Gicumbi ubwitabire bw’ababoneza urubyaro ntiburagera  ku ntego bifuza , Hari abaturage bavuga ko bagiye begerwa bagafashwa bitanyuze kwa muganga byakongera umubare wabitabira gahunda yo kuboneza urubyaro, Mukaruyange avuga ko kubafasha bitanyuze kwa muganga byakongera umubare wabitabira.

Aragira ati:“Si umuntu wese wifuza kubonereza urubyaro kwa muganga , ibaze bakubonyeyo uri umupfakazi byaba biteye ikibazo, ariko bagiye batwegera tutanyuze kwa muganga byadufasha”.  

Uwera umwe mu rubyiruko rwo muri aka karere avuga ko rugiye bagiye bafashwa kuboneza urubyaro kuburyo bwihariye nabo bakwitabira ubu buryo ari benshi.

Ati: “Abenshi muri twe babyara kubera kutisanzura no kutizera aho babonereza urubyaro, badufashije tukagira aho tubonereza urubyaro nk’urubyiruko hihariye byadufasha”.                      

 Asubiza ibibazo byababangamirwa no kubonereza urubyaro kwa Muganga , Umuyobozi w’ibitaro bya Byumba Dr Ntihabose Corneille avuga ko hagiye gushyirwaho umurongo wa telefoni, uwifuje kuboneza urubyaro by’umwihariko yahamagaraho agafashwa.

Yagize ati:“Hari ababangamirwa no kuza kwa muganga, ibyo tugiye gukora biratandukanye, harimo kongera ibanga hagati yababafasha , ariko tunatange nimero yo muri serivice ishinzwe kuboneza urubyaro bityo uyikeneye ahamagare atanyuze kwa Muganga tumufashe ndetse nyuma ajye anakurikiranwa mu ibanga”.

Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi, Buvuga ko  kuboneza urubyaro ari umuhigo w’akarere bityo karongera ubukangurambaga no kwigisha abaturage kuri gahunda yo kuboneza urubyaro, umuyobozi w’aka karere Ndayambaje Felix, aragira ati: 

“Ubundi gahunda yo kuboneza urubyaro ni umuhigo w’akarere , tugiye kongera ubukangurambaga twigisha abaturage ku byiza byo kuboneza urubyaro tubafasha guhindura imyumvire mu rwego rwo kongera umubare wabitabira gahunda yo kuboneza urubyaro “

Akarere ka Gicumbi kari ku rugero rwa 57% mu kuboneza urubyaro, mu bagore babyariye kwa muganga mu kwezi kwa gatatu kwa 2020, 82% byabo baboneje urubyaro ku bushake.

Eric Twahirwa                  

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago