INKURU ZIDASANZWE

RIB yataye muri yombi uwitwa Idamange ukurikiranweho guteza imvururu

Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha mu Rwanda RIB, rwatangaje ko rwafashe uwitwa Idamage Iryamugwiza Yvonne, ukurikiranyweho ibyaha byo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.

Advertisements

RIB ivugako ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 15 Gashyantare 2021, aribwo hafashe uwitwa Idamange ukurikiranyweho ibi byaha.

Umuvugizi w’uru rwego Dr Murangira Thierry yavuze ko uyu mu gore yafashwe kandi hagikomeje iperereza.

Yagize ati: ” Nibyo koko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 15 Gashyantare 2021, RIB yataye muri yombi Idamange Iryamugwiza Yvonne, akurikiranweho icyaha cyo guteza imvururu n’imidugararo ariko iperereza rikaba rigikorwa”.

Aha kandi Dr Murangira yavuzeko nta byinshi yahita atangaza kuko ibyaha uyu mugore akurikiranweho bigikorerwa iperereza.

Aha akaba yirinze gutangaza uburyo ibi byaha byakozwemo, aho byakorewe ndetse n’igihe byakorewe mu rwego rwo kwirinda kubangamira Ubugenzacyaha mu iperereza.

Nyuma yo gutabwa muri yombi ry’uyu mu gore kandi, Police y’u Rwanda hasohoye itangazo rivuga ko ubwo Police yafatanyaga na RIB gufata Idamange, uyu mugore yakubise icupa mu mutwe Umupolisi wari ugiye ku mufata akamukomeretsa, uwo mu Police akaba yahise ajyanwa ku bitaro bya Kacyiru kugirango akurikiranwe n’Abaganga.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago