UBUZIMA

U Rwanda rwakiriye izindi nkingo ibihumbi 50 rwahawe n’Ubuhinde

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu nibwo u Rwanda rwakiriye izindi nkingo zigera ku bihimbi mirongo itanu(50,000), rwahawe n’Igihugu cy’Ubuhinde kubera umubano mwiza w’Ibihugu byombi.

Advertisements

Ni inkingo zakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanaga mu Rwanda Dr Vincent Biruta, ku kibuga k’Indege mpuzamahanga cya Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 05 Werurwe 2021.

Ni inkingo inkingo zo mu bwoko bwa AstraZeneca zibonetse kandi zitari muri gahunda mpuzamahanga y’ibihugu izwi ku izina rya Covax Initiative.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda Dr Vincent Biruta yavuze Leta izakomeza gukora uko isoboye kose kugirango Abanyarwanda babone inkingo.

Yagize ati: “Izi nkingo n’ibihumbi 50, bivuzeko zizakingira abagera ku bihumbi 25, n’Impano duhawe n’gihugu cy’Ubuhinde ntabwo ziguzwe. Ubuhinde dufitanye umubano mwiza, kandi dufitanye n’imishinga myinshi dukorana n’indi yo mu bihe biri imbere”.

Ibi nkingo ziyongera ku zindi  zisaga ibihumbi 240 zo mu bwoko bwa  AstraZeneca, n’izindi ibihumbi 102 zo mu bwoko bwa Pfizer-BioNTech zakiriwe n’u Rwanda kuri uyu wa gatatu, zikaba zatangiye gutangwa mu gihugu hose kuri uyu wa gatanu.

U Rwanda rufite intego yo kuzakingira abagera kuri miliyoni 7 n’ibihumbi 800, ni ukuvuga 60% by’Abarwanda bose, ibi bikaba biteganyijwe gukorwa bitarenze mu kwezi kwa Kamena 2022.

 

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago