POLITIKE

Perezida Kagame na Madamu we bakingiwe COVID-19

Kuri uyu wa Kane tariki 11 Werurwe 2021,Perezida wa Repubukila y’u Rwanda Paul Kagame na Madame we Jeanette Kagame bakingiwe icyorezo cya COVID-19.

Advertisements

Kuri uyu wa Kane ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal biri mu mujyi wa Kigali niho Umukuru w’Igihugu arikumwe n’Umufasha we baherewe urukingo rw’Icyorezo cyugarije Isi kuva mu Mpera z’umwaka wa 2019.

Bakigera kuri ibi bitaro aba bombi bahawe ibyicaro byagenwe, ubundi bahabwa urukingo rwa COVID-19, ni nyuma y’uko izi nkingo zatangiye gutangwa mu bihigu bitandukanye ku Isi harimo n’u Rwanda.

Mu Rwanda izi nkingo zikaba zaratangiye gutangwa mu gihugu kuwa gatanu w’icyumweru gishize tariki ya 05 Werurwe 2021, igikorwa cyo gutanga inkingo mu gihugu hose zatangiye gutangwa zihabwa abari mu byiciro biri mu gaka ko kwandura iki cyorezo cyangwa abakora imirimo ituma bashobora kwandura vuba. Aha harimo; Abaganga bita ku barwayi buri munsi n’abari ku ruhembe rw’imbere mu kurwanya iki cyorezo,abageze muzabukuru,abarwaye indwara zidakira,imfungwa n’abagororwa n’abandi…

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko kuva mu Rwanda hagaragara umurwayi wa mbere wa COVID-19, muri Werurwe 2020 hamaze gufatwa ibipimo birenga miliyoni imwe, mu gihe abasaga ibihumbi 19,800 aribo bamaze kumenyekana ko banduye iki cyorezo kimaze guhitanga abasaga 270.

Amabwiraza ya Minisiteri y’Ubuzima avuga ko n’ubwo inkigo za COVID-19 zatangiye gutangwa mu gihugu, abaturage bazakomeza kubahiriza ababwiriza yose y’ubwirinzi nk’uko bisanzwe, kugeza byibura Igihugu kigeze ku ntego gifite yo kuzakingira abagera kuri 60% by’abaturage. Iyi ntego Leta y’u Rwanda yihaye ikaba iteganyijwe kuzagerwaho bitarenze muri Kamena 2022.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago