Mu Rwanda hashyizweho amabwiriza yihariye mu turere 8 n’Umujyi wa Kigali

Mu Rwanda hashyizweho amabwiriza mashya yo kwirinda Covid-19, hatangazwa ingamba zigomba gukurikizwa mu turere umunani n’Umujyi wa Kigali, zirimo ko abakozi bose aba leta n’ab’inzego z’abikorera bagomba kujya bakorera mu rugo.

Aya mabwiriza mashya yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Kamena 2021 azatangira gushyirwa mu bikorwa guhera tariki ya 1 Nyakanga 2021,mu Mujyi wa Kigali no mu turere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rutsiro na Rwamagana.

Aha harimo ko ingendo zibujijwe guhera Saa kumi n’ebyiri za nimugoroba kugeza saa kumi za mu gitondo.

Naho ibikorwa byose byemerewe gukomeza gukora bizajya bifunga saa kumi n’imwe za nimugoroba.

Amateraniro rusange arimo ubusabane n’ibirori bitandukanye byaba ibibera mu ngo n’ahandi hose, birabujijwe

Ibiro by’inzego za leta n’iz’abikorera, birafunze. Abakozi bazakorera mu rugo kereka abatanga serivisi z’ingenzi zibasaba kujya aho basanzwe bakorera.

Inama zose zirabujijwe

Amashuri yose harimo na za Kaminuza arafunze.

Amabwiriza areba abanyeshuri bazakora ibizamini bya leta biteganyijwe muri Nyakanga 2021, azatangwa na Minisiteri y’Uburezi.

Restaurant zizajya zitanga gusa serivisi ku bantu batahana ibyo bakeneye.

Insengero zirafunzwe

Mu bindi bice bisigaye by’igihugu, ingendo zirabujijwe guhera saa kumi n’ebyiri za nimugoroba kugeza saa kumi za mu gitondo kandi ibikorwa byose byemerewe gukomeza gukora bikazajya bifunga saa kumi n’imwe za nimugoroba.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *