Ku mugoroba wo kuriki Cyumweru tariki 04 Nyakanga 2021, nibwo Umuhanzi Mico The Best yambitse impeta umukunzi we bitegura kubana, Ibirori byabaye mu ibanga cyane kuko nta bantu benshi bari bahari cyane ko bitanemwe kubera COVID-19.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru nibwo uyu muhango wabaye , aho uyu Muhanzi umaze kubaka izina mu muziki Nyarwanda yambikaga impeta uyu mukunziwe amusaba kuzamubera umugore bimaze kumenyekana nko Gutera Ivi.
Uyu mukobwa bagiye kubana, azwi nka Clarisse, ntabwo amenyerewe cyane mu myidagaduro yo mu Rwanda gusa yigeze kujya amurika imideli nubwo byamaze igihe gito. Yanagaragaye mu gace gato ka filime ya Bad Rama yitwa ‘Cowboy’.
Gusa bivugwa ko batamaranye igihe kinini bakundana kuko n’Inshuti za hafi z’uyu muhanzi zimumenye vuba.
Mico The Best amaze kubaka izina mu Muziki Nyarwanda aho agenda asohora indirimbo zikurikirwa na benshi ariko ntizivugweho rumwe kubera amagambo aba azirimo. murizo twavuga, Ubunyunyusi yauriyemo na Riderman, Igare, Umunamba, n’Amabiya aherutse gushyira hanze mu minsi ishize.
Akaba afashe umwanzuro wo gupanga kubana na Clarisse nyuma yuko amaze igihe kinini mu ruhando rw’Umuziki Nyarwanda.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…