IMYIDAGADURO

Umuhanzi Mico The Best yambitse impeta umukunzi we bitegura kurushinga

Ku mugoroba wo kuriki Cyumweru tariki 04 Nyakanga 2021, nibwo Umuhanzi Mico The Best yambitse impeta umukunzi we bitegura kubana, Ibirori byabaye mu ibanga cyane kuko nta bantu benshi bari bahari cyane ko bitanemwe kubera COVID-19.

Advertisements

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru nibwo uyu muhango wabaye , aho uyu Muhanzi umaze kubaka izina mu muziki Nyarwanda yambikaga impeta uyu mukunziwe amusaba kuzamubera umugore bimaze kumenyekana nko Gutera Ivi.

Uyu mukobwa bagiye kubana, azwi nka Clarisse, ntabwo amenyerewe cyane mu myidagaduro yo mu Rwanda gusa yigeze kujya amurika imideli nubwo byamaze igihe gito. Yanagaragaye mu gace gato ka filime ya Bad Rama yitwa ‘Cowboy’.

Gusa bivugwa ko batamaranye igihe kinini bakundana kuko n’Inshuti za hafi z’uyu muhanzi zimumenye vuba.

Mico The Best amaze kubaka izina mu Muziki Nyarwanda aho agenda asohora indirimbo zikurikirwa na benshi ariko ntizivugweho rumwe kubera amagambo aba azirimo. murizo twavuga, Ubunyunyusi yauriyemo na Riderman, Igare, Umunamba, n’Amabiya aherutse gushyira hanze mu minsi ishize.

Akaba afashe umwanzuro wo gupanga kubana na Clarisse nyuma yuko amaze igihe kinini mu ruhando rw’Umuziki Nyarwanda.

Umuhanzi Mico The Best yambitse impeta umukunzi we bitegura kurushinga

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago