Israel Mbonye agiye gutaramira i Burundi

Umuhanzi Israel Mbonye uririmba indirimbo zihimbaza Imana agiye kujya gutabamira mu gihugu cy’u Burundi, mu bitaramo abakora iminsi igera kuri itatu.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Nyakanga 2021, nibwo Uyu muhanzi umaze kwandika izina mu ndirimbo zihembura imitima ya benshi yatangaje amatariki azatangirira ibitaramo mu mujyi wa Bujumbura mu gihugu cy’u Uburundi.

Ibi bitaramo Esrael Mbonye azakorera mu gihugu cy’Abaturanyi, harimo ibizaba ari ibyo abanyacyubahiro(VVIP), Ibyiyubashye bizwi nka VIP, ndetse n’igitaramo azakorera mu ruhame rw’Abantu benshi (Grand Public).

akazabitangira kuva tariki ya 13 Kanama 2021, mu gitaramo cya VVIP azatangirira ahitwa LYCEE SCHEPPERS , tariki ya 14 Kanama 2021 nabwo akazakorera igitaramo  cya VIP muri LYCEE SCHEPPERS, akazasoza tariki 15 Kanama 2021, mu gitaramo cy’abantu rusange (Grand public), kizabera ahitwa BLD DE L’INDEPENDANCE.

Mu minsi itanu ishize nibwo Esrael Mbonye yagaragaje amafoto ku rukuta rwe rwa Instagram, asinya amasezerano yo kuzitabira ibi bitaramo mu Burundi.

mu magambo yakurikije aya mafoto yagize ati: “Nyuma y’uko ubutumire bugera ku ijana butaduhiriye  mu myaka ine, abakunzi banjye bo mu Burundi, byarangiye ndaje. Nishimiye ubushake bw’Imana bwo kuzagera mu Bujumbura kuya 13,14,15 Kanama.”

Uyu mu hanzi agiye gutaramira mu burundi, mu gihe ataherukaga kwitabira ibitaramo nk’ibi kubera icyorezo cya COVID-19.

Mbonye yamenyekanye mu ndirimbo; Karame, kumusaraba, ndanyuze, kumigezi n’izindi nyinshi harimo n’iyitwa Baho aheruka gushyira hanze mu mezi atanu ashize. Ubu ikaba imaze kugira abarenga Miliyoni eshatu bayirebye kuri You Tube.

Ubwo Esrael Mbonye yari amaze gusinya amasezerano n’abateguye ibitaramo mu Burundi
Esrael Mbonye azitabira ibitaramo by’Iminsi itatu mu Burundi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *