Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwatesheje agaciro icyemezo cy’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatare wari washyize kamwe mu Tugari two muri uyu Murenge muri gahunda ya Guma mu Rugo, buvuga ko uwafashe kiriya cyemezo atabifitiye ububasha.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uriya Murenge wa Gatare, Ndagijimana Gustave yafashe icyemezo cyo gushyira abaturage bo mu Kagari ka Gatare muri Guma mu Rugo ngo kubera ubwiyongere bwa Covid-19.
Mu itangazo ryanditswe neza cyane ririho n’ibirango by’inzego za Leta mu Ntara y’Amajyepfo, uriya muyobozi yari yarisohoye rivuga ko ari iryo gushyira muri Guma mu Rugo akagari ka Gatare.
Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uriya Murenge wa Gatare, Ndagijimana Gustave ryavugaga ko ziriya ngamba zigomba kubahirizwa guhera uyu munsi tariki 04 Kanama 2021.
Ryavugaga ko “(a) Ingendo ziva cyangwa zinjira mu Kagari ka Gatare zibujijwe, (b) abaturage b’Akagari ka Gatare barasabwa kuguma mu rugo, (c) imodoka, moto n’amagare ntibyemerewe gutwara abagenzi mu Kagari ka Gatare, (d) Abaturage bose barasabwa gukorera mu rugo…”
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…