UBUCURUZI

MTN yahawe igihe ntarengwa cyo gukemura ibibazo biri muri Service itanga

Urwego ngenzura mikorere mu Rwanda(RURA) ruvuga ko mu igenzura yakoze yasanze hari ikibazo gikomeye ku bakoresha ifatabuguzi rya MTN mu gihe bahamagara, kuko ngo usanga uwo wari usanzwe ufitiye nomero umubura, ndetse mwavugana ihuzanzira (network) rikajya ricikagurika, bikaba byashingiweho ihabwa igihe ntarengwa cyo gukemura ibi bibazo.

Advertisements

Gahungu Charles Umuyobozi ushinzwe kugenzura ibigo bitanga service zishingiye ku ikoranabuhanga yabwiye Umuseke dukessha iyi nkuru ko biri mu nshingano za RURA kugenzura imikorere y’abatanga izo service.

Ati “Hari hashize igihe mubona kuri service za MTN ku bijyanye n’ijwi n’abakoresha Internet, ariko cyane cyane ku ijwi ho biragaragara ushobora guhamagara umuntu kugira ngo telephone inyuremo ukabanza ugakupa ukongera guhamagara, cyangwa mwaba muvugana bikajyenda bicikagurika, iki cyemezo twafashe kijyanye n’igenzura ryakozwe guhera mu kwezi kwa cumi 2020, igenzura ryazanye amakuru tuyagereranya n’ibyo bagomba kuba buzuje, ni ukuvuga ngo igihe uhamagaye hari amasegonda bimara kugira ngo telefoni inyuremo, iyo ni servise nziza, iyo bitubahirizwa tubasaba ingamba zo kugira ngo babikosore (remediation plan), icyo gihe dukurikirana ko bizakosorwa mu gihe bemeye, iyo batabyubahirije turabatumiza bakaza kwitaba muri RURA, ni byo byabaye kuri MTN.”

Gahungu avuga ko mu kwezi gushize, MTN yitabye RURA basanga ibisobanuro byayo bidahagije, Inama Nkuru Ngenzuzi ya RURA na yo iraterana ifata icyemezo, cyasohotse tariki 19 Kamana 2021.

Iki cyemezo kivuga ko tariki 29 Ukwakira 2021, MTN igomba kuba yakemuye ibibazo byose bya Internet n’ihuzanzira muri Kigali, icyo gihe nibiba bitubahirijwe MTN izafatirwa ibihano by’amande (gucibwa amafaranga).

MTN kandi yahawe tariki ntarengwa ya 30 Ugushyingo 2021 ikaba yakemuye ibibazo by’ihuzanzira n’ibya internet ahandi hose mu gihugu, nabwo bitaba ibyo igacibwa amande y’amafaranga.

Umwanzuro wa RURA uvuga ko ku wa 23/07/2021, Sosiyete ya MTN yemeye ko hari ibibazo muri serivise zayo.

RURA ivuga ko mu biteganywa n’amategeko iyo ikigo kidatanga serivise uko cyabyiyemeje bishobora kukiviramo gufungwa.

Muri 2017 MTN yaciwe amafaranga asaga miliyari 7Frw kubera kudatanga service nk’uko yabyiyemeje.

MTN yahawe igihe ntarengwa cyo gukemura ibibazo biri muri Service zo guhamagara na Internet

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago