Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri wungurije w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buhinde, Shri V. Muraleedharan uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Amakuru yashyizwe hanze na Village Urugwiro avuga ko Perezida Kagame yakiriye, Shri V. Muraleedharan kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ugushyingo 2021, gusa ntihigeze hatangazwa ibyo baganiriyeho.
Shri V. Muraleedharan n’itsinda ayoboye bari mu Rwanda mu rwego rw’ibiganiro bya Komisiyo ihuriweho n’ibihugu bigamije kurushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Mbere yo guhura na Perezida Kagame, iri tsinda riyobowe na Shri V. Muraleedharan ryagiranye ibiganiro n’iry’u Rwanda ryari riyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta.
Ni ibiganiro byari bigamije kurebera hamwe uko umubano n’ubutwererane bihagaze hagati y’ibihugu byombi n’icyakorwa kugira ngo birusheho kunozwa.
U Rwanda n’u Buhinde bisanzwe bifitanye umubano ushingiye ku butwererane mu nzego zirimo ubuhinzi, ubuzima n’ingufu.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…