Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri wungurije w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buhinde, Shri V. Muraleedharan uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Amakuru yashyizwe hanze na Village Urugwiro avuga ko Perezida Kagame yakiriye, Shri V. Muraleedharan kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ugushyingo 2021, gusa ntihigeze hatangazwa ibyo baganiriyeho.
Shri V. Muraleedharan n’itsinda ayoboye bari mu Rwanda mu rwego rw’ibiganiro bya Komisiyo ihuriweho n’ibihugu bigamije kurushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Mbere yo guhura na Perezida Kagame, iri tsinda riyobowe na Shri V. Muraleedharan ryagiranye ibiganiro n’iry’u Rwanda ryari riyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta.
Ni ibiganiro byari bigamije kurebera hamwe uko umubano n’ubutwererane bihagaze hagati y’ibihugu byombi n’icyakorwa kugira ngo birusheho kunozwa.
U Rwanda n’u Buhinde bisanzwe bifitanye umubano ushingiye ku butwererane mu nzego zirimo ubuhinzi, ubuzima n’ingufu.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…