Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri wungurije w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buhinde, Shri V. Muraleedharan uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Amakuru yashyizwe hanze na Village Urugwiro avuga ko Perezida Kagame yakiriye, Shri V. Muraleedharan kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ugushyingo 2021, gusa ntihigeze hatangazwa ibyo baganiriyeho.
Shri V. Muraleedharan n’itsinda ayoboye bari mu Rwanda mu rwego rw’ibiganiro bya Komisiyo ihuriweho n’ibihugu bigamije kurushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Mbere yo guhura na Perezida Kagame, iri tsinda riyobowe na Shri V. Muraleedharan ryagiranye ibiganiro n’iry’u Rwanda ryari riyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta.
Ni ibiganiro byari bigamije kurebera hamwe uko umubano n’ubutwererane bihagaze hagati y’ibihugu byombi n’icyakorwa kugira ngo birusheho kunozwa.
U Rwanda n’u Buhinde bisanzwe bifitanye umubano ushingiye ku butwererane mu nzego zirimo ubuhinzi, ubuzima n’ingufu.
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…