INKURU ZIDASANZWE

Perezida Kagame yatanze umurongo ku cyibazo cya Camera zo mu muhanda na Polisi bitavugwaho rumwe

Ubwo yayoboraga ibirori byo gushimira abasoreshwa beza, Perezida Paul Kagame yavuze ku mpaka ziriho hagati ya Polisi y’Igihugu n’Abakoresha umuhanda, nyuma yaho benshi binubiye kwandikirwa ko bakabije ku muvuduko wo kutagendera ku biteganywa n’ibyapa nka km 40/h na km 30/h, yasabye ko Polisi ijya hagati umuvuduko ntube mwinshi uteza impanuka, ariko ntube na muke ubuza abantu kugera aho bagiye.

Advertisements

Hari hashize igihe kumbuga nkoranyambaga hagaragara impaka zumvikanye cyane ubwo Umunyamakuru wa TV Radio/One akaba n’umuyobozi wayo KNC atumvaga ibintu kimwe kuri mikoro n’Umuvugizi wa Polisi, CP John Bosco Kabera, amubwira ko Polisi yandikira abantu umuvuduko ukabije kandi bari munsi ya Km 60/h, nyamara Kabera akavuga ko bitabaho ko nta we urengana, ko abagenda mu muhanda bakurikiza ibyo ibyapa biteganya.

Izi mpaka Perezida Paul Kagame na we zimwe yarazumvise ibindi abisoma mu bitangazamakuru, ndetse ubwo yashimiraga abasoze neza yazikomojeho kandi benshi bagaragaza ko byari bikenewe.

Ati “Akantu nagira ngo nzane aha, njya mbibona ku mbuga zihana amakuru (Social Media), ibyo maze kubona hanze aha, abantu bose uko baje, abanshi muri mwe mwaje mutwara imodoka umenya mwaje musora inzira yose kugera hano.
Nabonye abantu bitotomba, umuvuduko w’imodoka tugenderamo, nabonye abavuga ukuntu bahanwa, n’ibihano ibyo ngira ngo bireba Polisi ntabwo bireba RRA cyangwa na RRA umenya bakorana. Baravuga ngo nta we uhumeka abantu bagenda batanga amafaranga y’ibihano, uwarengeje ibilomtero nka 40km/h.

Uwo muvuduko ni nk’uwo bamwe tumenyereye kugendesha amaguru tugenda, ndakeka ko babanje gutubura amafaranga cyane kugira ngo… Ariko ni ibintu bibiri tugomba guhuza, ntabwo nshaka ko tugira umuvuduko mwisnhi cyane ibivamo murabizi ariko nanone ntabwo umuvuduko wawushyira hasi ku buryo utagera aho ujya.”

Iri jambo ryakiriwe neza n’abari kuri Intare Arena bakomye amashyi y’urufaya yamaze umwanya munini.
Perezida Kagame ati “Nabwiye Abapolisi ko bagira ‘balance’ (gushyira mu gaciro).”

Yavuze ko aza gushaka ababishinzwe bakanoza ibintu uko bikwiye. Ati “Hari n’abavuga ngo nta kimenyetso kitubwira ibi, hari aho ugera bakavuga ngo ni km 50/h ariko hari icyapa, iyo kidahari ubibwirwa n’iki? Ntabwo twifuza impanuka ziterwa n’umuvuduko uri hejuru ariko abantu na bo uko bagenda bigomba kujya mu gaciro.”

Perezida Kagame yatanze umurongo ku cyibazo cya Camera zo mu muhanda na Polisi bitavugwaho n’abatwara Ibinyabiziga

ABAYO MINANI John/Domanews.rw

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago