Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko guhera tariki 30 Ugushyingo 2021, mu Mujyi wa Kigali haratangira gutangwa Doze ya gatatu y’urukingo rwa COVID-19.
Uru rukingo rushimangira izindi ebyiri zatanzwe ruzahabwa abari mu zabukuru, bafite imyaka kuva kuri 50 kuzamura, n’abafite imyaka hagati ya 30 na 49 ariko babana n’uburwayi budakiracyangwa bafite indwara zigabanya ubudahangarwa bw’umubiri, ndetse n’abakozi bo kwa muganga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko “Doze ishimangira y’urukingo rwa COVID-19 itangwa nyuma y’amezi atandatu (Iminsi 180), nyuma yo gukingirwa byuzuye. Ishobora gufatwa nka doze ya gatatu ku bahawe inkingo zitangwa muri doze ebyiri cyangwa igafatwa nka doze ya kabiri ku bahawe ubwoko bw’inkingo zifatwa muri doze imwe.”
Gukingira bikazajya bibera ku bigo nderabuzima, ku bitaro by’uturere ndetse n’ahandi hateganyijwe gukingirirwa. bizakorwa mu byiciro bikazahera mu Mujyi wa Kigali ariko n’utundi turere tukazakurikiraho mu gihe cya vuba.
Abagiye guhabwa Doze ya gatatu y’Urukingo rwa COVID-19 ni abahawe inkingo zo mu bwoko bwa Astrazeneca, na Pfizer bari barafashe Dose ebyiri nk’uko byari biteganyijwe. Mu gihe abahawe urukingo rwo mu bwoko bwa Sinopharm bazaba bahawe Dose ya kabiri kuko yo umuntu yahabwaga rumwe gusa.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…