UBUZIMA

Rwanda: Guhera ku myaka 50 kuzamura bagiye guhabwa doze ya gatatu y’Urukingo rwa COVID-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko guhera tariki 30 Ugushyingo 2021, mu Mujyi wa Kigali haratangira gutangwa Doze ya gatatu y’urukingo rwa COVID-19.

Uru rukingo rushimangira izindi ebyiri zatanzwe ruzahabwa abari mu zabukuru, bafite imyaka kuva kuri 50 kuzamura, n’abafite imyaka hagati ya 30 na 49 ariko babana n’uburwayi budakiracyangwa bafite indwara zigabanya ubudahangarwa bw’umubiri, ndetse n’abakozi bo kwa muganga.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko “Doze ishimangira y’urukingo rwa COVID-19 itangwa nyuma y’amezi atandatu (Iminsi 180), nyuma yo gukingirwa byuzuye. Ishobora gufatwa nka doze ya gatatu ku bahawe inkingo zitangwa muri doze ebyiri cyangwa igafatwa nka doze ya kabiri ku bahawe ubwoko bw’inkingo zifatwa muri doze imwe.”

Gukingira bikazajya bibera ku bigo nderabuzima, ku bitaro by’uturere ndetse n’ahandi hateganyijwe gukingirirwa. bizakorwa mu byiciro bikazahera mu Mujyi wa Kigali ariko n’utundi turere tukazakurikiraho mu gihe cya vuba.

Abagiye guhabwa Doze ya gatatu y’Urukingo rwa COVID-19 ni abahawe inkingo zo mu bwoko bwa Astrazeneca, na Pfizer bari barafashe Dose ebyiri nk’uko byari biteganyijwe. Mu gihe abahawe urukingo rwo mu bwoko bwa Sinopharm bazaba bahawe Dose ya kabiri kuko yo umuntu yahabwaga rumwe gusa.

Itangazo ryatanzwe na MInisiteri y’Ubuzima

DomaNews

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago