UBUZIMA

Rwanda: Guhera ku myaka 50 kuzamura bagiye guhabwa doze ya gatatu y’Urukingo rwa COVID-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko guhera tariki 30 Ugushyingo 2021, mu Mujyi wa Kigali haratangira gutangwa Doze ya gatatu y’urukingo rwa COVID-19.

Advertisements

Uru rukingo rushimangira izindi ebyiri zatanzwe ruzahabwa abari mu zabukuru, bafite imyaka kuva kuri 50 kuzamura, n’abafite imyaka hagati ya 30 na 49 ariko babana n’uburwayi budakiracyangwa bafite indwara zigabanya ubudahangarwa bw’umubiri, ndetse n’abakozi bo kwa muganga.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko “Doze ishimangira y’urukingo rwa COVID-19 itangwa nyuma y’amezi atandatu (Iminsi 180), nyuma yo gukingirwa byuzuye. Ishobora gufatwa nka doze ya gatatu ku bahawe inkingo zitangwa muri doze ebyiri cyangwa igafatwa nka doze ya kabiri ku bahawe ubwoko bw’inkingo zifatwa muri doze imwe.”

Gukingira bikazajya bibera ku bigo nderabuzima, ku bitaro by’uturere ndetse n’ahandi hateganyijwe gukingirirwa. bizakorwa mu byiciro bikazahera mu Mujyi wa Kigali ariko n’utundi turere tukazakurikiraho mu gihe cya vuba.

Abagiye guhabwa Doze ya gatatu y’Urukingo rwa COVID-19 ni abahawe inkingo zo mu bwoko bwa Astrazeneca, na Pfizer bari barafashe Dose ebyiri nk’uko byari biteganyijwe. Mu gihe abahawe urukingo rwo mu bwoko bwa Sinopharm bazaba bahawe Dose ya kabiri kuko yo umuntu yahabwaga rumwe gusa.

Itangazo ryatanzwe na MInisiteri y’Ubuzima

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

3 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago