Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni afungiwe mu rugo iwe nyuma yaho inzego z’Umutekano zongeye kugota urugo rwe.
Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021,aho abasirikare n’abapolisi ba Uganda bazindutse bagose urugo rwa Robert Kyagulanyi usanzwe uri no mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu.
Kugeza ubu Robert Kyagulanyi ntiyemerewe gusohoka muri uru rugo rwe ruherereye i Magere mu Murwa Mukuru, Kampala.
Byari biteganyijwe ko uyu mugabo ari buzindukire mu bikorwa byo kwamamaza umukandida w’ishyaka rye rya NUP uhataniye kuyobora Akarere ka Kayunga.
Daily Monitor yavuze ko kandi nta muntu wemerewe gusura Robert Kyagulanyi kuko na mugenzi we babana mu Nteko Ishinga Amategeko, Derrick Nyeko yabigerageje ariko inzego z’umutekano zikamubera ibamba.
Urugo rwa Robert Kyagulanyi rwaherukaga kugotwa n’abashinzwe umutekano ubwo komisiyo y’amatora muri Uganda yatangazaga ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yari ahatanyemo na Museven
Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…
Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…