Polisi y’u Rwanda irasaba Abaturarwanda bose kwirinda imyitwarire iyo ariyo yose ishobora gutuma umubare w’abandura icyorezo cya Covid-19 wiyongera.
Byagarutsweho mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Ukuboza 2021 n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda.
CP Kabera yemeje ko ku tariki ya 25 Ukuboza ubwo hizihizwagwa Noheli mu bice bitandukanye by’igihugu, abantu 4600 ari bo bagaragaye barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Yavuze ko abo bantu bafatiwe mu makosa atandukanye arimo kutambara agapfukamunwa, gufungura utubari nta burenganzira bahawe no gucuruza inzoga igihe cyarenze, anashimangira ko hari n’abagaragaye bakoresheje ibirori bitubahirije amabwiriza.
CP Kabera yagarutse no ku bantu barimo kugaragara bajya gusura abarwayi ba COVID-19 kandi babizi neza ko bitemewe.
Ati “Hari imyitwarire irimo kuranga abantu bamwe twavuga ko birenze kudohoka ahubwo ni ugutinyuka. Mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Nyarugunga haherutse gufatirwa abantu 16 bari mu rugo rw’umuntu wanduye COVID-19 bagiye kumusura.”
Yakomeje kwibutsa abaturage ko hari itegeko rihana umuntu ukwirakwiza indwara ku bushake anabasaba kubahiriza amabwiriza yose cyane cyane muri iyi minsi mikuru kugira ngo hatazafatwa izindi ngamba zikomeye biturutse ku bwiyongere bw’ubwandu.
CP Kabera yanavuze ko muri sosiyete zitwara abagenzi zibajyana mu Ntara hagaragayemo umuvundo mwinshi ku buryo abantu bashobora kwanduzanya, asaba abafite ingendo ko bajya bazitegura hakiri kare.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…