UBUZIMA

Abantu 4600 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 kuri Noheli

Polisi y’u Rwanda irasaba Abaturarwanda bose kwirinda imyitwarire iyo ariyo yose ishobora gutuma umubare w’abandura icyorezo cya Covid-19 wiyongera.

Byagarutsweho mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Ukuboza 2021 n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda.

CP Kabera yemeje ko ku tariki ya 25 Ukuboza ubwo hizihizwagwa Noheli mu bice bitandukanye by’igihugu, abantu 4600 ari bo bagaragaye barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Yavuze ko abo bantu bafatiwe mu makosa atandukanye arimo kutambara agapfukamunwa, gufungura utubari nta burenganzira bahawe no gucuruza inzoga igihe cyarenze, anashimangira ko hari n’abagaragaye bakoresheje ibirori bitubahirije amabwiriza.

CP Kabera yagarutse no ku bantu barimo kugaragara bajya gusura abarwayi ba COVID-19 kandi babizi neza ko bitemewe.

Ati “Hari imyitwarire irimo kuranga abantu bamwe twavuga ko birenze kudohoka ahubwo ni ugutinyuka. Mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Nyarugunga haherutse gufatirwa abantu 16 bari mu rugo rw’umuntu wanduye COVID-19 bagiye kumusura.”

Yakomeje kwibutsa abaturage ko hari itegeko rihana umuntu ukwirakwiza indwara ku bushake anabasaba kubahiriza amabwiriza yose cyane cyane muri iyi minsi mikuru kugira ngo hatazafatwa izindi ngamba zikomeye biturutse ku bwiyongere bw’ubwandu.

CP Kabera yanavuze ko muri sosiyete zitwara abagenzi zibajyana mu Ntara hagaragayemo umuvundo mwinshi ku buryo abantu bashobora kwanduzanya, asaba abafite ingendo ko bajya bazitegura hakiri kare.CP John Bosco Kabera yavuz eko kuri Noheli abantu 4600 ari bo bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

DomaNews

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago