UBUZIMA

Iburasirazuba: Abarenga 700 bemeye kwikingiza nyuma y’ubukangurambaga bwiswe “Warikingije?”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba CG Gasana yemeza ko mu gihe cy’icyumweru kimwe abarenga 700 bari baranze kwikingiza bageze aho bakava ku izima, ni nyuma y’uko hakozwe ubukangurambaga bwiswe “Warikingije?” bwatangijwe n’Urugaga rw’Abikorera PSF mu Ntara y’Iburasirazuba.

Kuri uyu wa 30 Ukuboza mu Karere ka Rwamagana hasojwe ubukangurambaga bw’icyumweru bwakozwe n’Urugaga rw’Abikorera PSF mu Ntara y’Iburasirazuba, kimwe mu byari bigamijwe muri ubu bukangurambaga harimo gukangurira abaturage kwitabira inkingo, no kurushaho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba CG Gasana K. Emmanuel yemeza ko hari bamwe mu baturage banze gufata inkingo.

Yagize ati: “Bugesera hari abantu 92 banze kwikingiza kubera imyemerere yabo abo bagezweho n’izi nzego zitandukanye barikingiza, Kayonza hari 120 barikingije, Gatsibo ni 68 nabo bari muri iyo myemerere, Nyagatare ni 150, i Ngoma hari 55, naho Rwamagana hari abarenga 200 abo bose barikingije”

Guverineri Gasana yakomeje avuga ko iki gikorwa cyakozwe mu mirenge myinshi y’Intara y’Iburasirazuba ndetse hari n’abaturage benshi bikingije batari bari mu mubare w’abinangiye bakanga gufata inkingo

Bakaba bashima uruhare rw’abikorera muri ubu bukangurambaga, Manirakiza Assoumpta Yagize ati “Nyuma yo gukangurirwa kwikingiza nanjye nafashe ingamba zo gufata urukingo kandi nasanze ari byiza kandi ntacyo bitwaye, hari bamwe mu babitinya ariko nasanze nta kibazo.”

Perezida wa PSF mu Ntara y’Iburasirazuba Ndungutse Jean Bosco yagize ati: “Iki cyumweru twagifashe nk’abikorera, nk’abahinzi n’aborozi mu rwego rwo kugira ngo dukangurire bagenzi bacu kubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima, dusaba abaturage kwikingiza kuko twari dufite abacuruzi benshi abahinzi n’aborozi batikingije n’abamotari bose dukora inama nk’ababayobora twemeranywa ko tugomba kujyana mu ngamba n’inzego za leta.”

Hirya no hino mu gihugu hagaragara abaturage batubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, bamwe bakavuga ko bihabanye n’imyemerere yabo, bamwe muri bo bakaba babyemeza beruye mu gihe hari ababikorwa rwihishwa kugeza ubwo banga kwikingiza iki cyorezo cyongeye gukaza umurego ku Isi kubera Virusi nshya yihindurije izwi nka Omicron.

Ubuyobozi bw’intara y’Iburasirazuba bwemeza ko muri iki cyumweru hakikingiwe abaturage barenga ibihumbi 25

Yanditswe na Abayo Minani John

DomaNews

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

19 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

19 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

20 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

20 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago