UBUZIMA

Iburasirazuba: Abarenga 700 bemeye kwikingiza nyuma y’ubukangurambaga bwiswe “Warikingije?”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba CG Gasana yemeza ko mu gihe cy’icyumweru kimwe abarenga 700 bari baranze kwikingiza bageze aho bakava ku izima, ni nyuma y’uko hakozwe ubukangurambaga bwiswe “Warikingije?” bwatangijwe n’Urugaga rw’Abikorera PSF mu Ntara y’Iburasirazuba.

Advertisements

Kuri uyu wa 30 Ukuboza mu Karere ka Rwamagana hasojwe ubukangurambaga bw’icyumweru bwakozwe n’Urugaga rw’Abikorera PSF mu Ntara y’Iburasirazuba, kimwe mu byari bigamijwe muri ubu bukangurambaga harimo gukangurira abaturage kwitabira inkingo, no kurushaho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba CG Gasana K. Emmanuel yemeza ko hari bamwe mu baturage banze gufata inkingo.

Yagize ati: “Bugesera hari abantu 92 banze kwikingiza kubera imyemerere yabo abo bagezweho n’izi nzego zitandukanye barikingiza, Kayonza hari 120 barikingije, Gatsibo ni 68 nabo bari muri iyo myemerere, Nyagatare ni 150, i Ngoma hari 55, naho Rwamagana hari abarenga 200 abo bose barikingije”

Guverineri Gasana yakomeje avuga ko iki gikorwa cyakozwe mu mirenge myinshi y’Intara y’Iburasirazuba ndetse hari n’abaturage benshi bikingije batari bari mu mubare w’abinangiye bakanga gufata inkingo

Bakaba bashima uruhare rw’abikorera muri ubu bukangurambaga, Manirakiza Assoumpta Yagize ati “Nyuma yo gukangurirwa kwikingiza nanjye nafashe ingamba zo gufata urukingo kandi nasanze ari byiza kandi ntacyo bitwaye, hari bamwe mu babitinya ariko nasanze nta kibazo.”

Perezida wa PSF mu Ntara y’Iburasirazuba Ndungutse Jean Bosco yagize ati: “Iki cyumweru twagifashe nk’abikorera, nk’abahinzi n’aborozi mu rwego rwo kugira ngo dukangurire bagenzi bacu kubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima, dusaba abaturage kwikingiza kuko twari dufite abacuruzi benshi abahinzi n’aborozi batikingije n’abamotari bose dukora inama nk’ababayobora twemeranywa ko tugomba kujyana mu ngamba n’inzego za leta.”

Hirya no hino mu gihugu hagaragara abaturage batubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, bamwe bakavuga ko bihabanye n’imyemerere yabo, bamwe muri bo bakaba babyemeza beruye mu gihe hari ababikorwa rwihishwa kugeza ubwo banga kwikingiza iki cyorezo cyongeye gukaza umurego ku Isi kubera Virusi nshya yihindurije izwi nka Omicron.

Ubuyobozi bw’intara y’Iburasirazuba bwemeza ko muri iki cyumweru hakikingiwe abaturage barenga ibihumbi 25

Yanditswe na Abayo Minani John

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago