POLITIKE

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’Isaha imwe I Nairobi

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Kenya, agirana ibiganiro na Perezida Uhuru Kenyatta byibanze ku mubano w’ibi bihugu byombi n’ingingo zireba akarere na Afurika by’umwihariko.

Ni uruzinduko rwamaze igihe gito, kuko byafashe isaha imwe ngo Perezida Kagame agere i Nairobi. Nyuma yo kuganirira mu ngoro y’umukuru w’igihugu, byafashe indi saha imwe gusa ngo Perezida kagame abe ageze i Kigali.

Yanditse kuri Twitter ati “Nagize urugendo rugufi ariko rw’ingirakamaro cyane hamwe na Perezida Uhuru Kenyatta i Nairobi muri iki gitondo. Ubu nagarutse mu rugo! Byari isaha 1 kugera i Nairobi, isaha 1 kugaruka i Kigali. Isaha 1 isaga y’ibiganiro, isaha 1 kuva ku kibuga cy’indege ngera ku biro by’umukuru w’igihugu no gusubira ku kibuga cy’indege. Hari byinshi byagarutsweho!!”

Ibiro bya Perezida wa Kenya byatangaje ko muri iyo nama, Perezida Kenyatta na Kagame baganiriye ku ngingo z’ubutwererane bw’ibihugu byombi, zirimo izijyanye n’ubucuruzi n’ubwikorezi.

Byatangaje ko ku bijyanye n’ubucuruzi, “Perezida Kenyatta yavuze ko umwanya mwiza u Rwanda ruherereyemo mu karere urugira umufatanyabikorwa w’ingenzi wa Kenya, by’umwihariko nk’irembo ryinjira mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’isoko ryagutse ry’akarere k’ibiyaga bigari.”

“Yashimye icyemezo cy’u Rwanda cyo kongera gufungura umupaka wa Gatuna uruhuza na Uganda, avuga ko kizoroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa n’abantu hagati y’ibi bihugu byombi by’abaturanyi.”

Umupaka wa Gatuna kandi ni ingenzi kuri Kenya, kuko wihutisha ibicuruzwa binyuzwa mu muhora wa ruguru, inzira ituruka ku cyambu cya Mombasa igaca muri Uganda, igakomeza mu Rwanda.

Uheruka gufungurwa ku wa 31 Mutara 2022, nyuma y’imyaka itatu ufunzwe.

Mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi kandi, Kenyatta ngo yasabye u Rwanda kongera ubwoko bw’ibicuruzwa rutumiza muri Kenya no kungukira kuri serivisi nziza zirangwa ku cyambu cya Mombasa, mu koroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa.

Kenyatta kandi yujeje Perezida Kagame ubufatanye mu guharanira intego z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu nyungu z’abaturage b’aka karere.

Ibiro bya Perezida wa Kenya bikomeza biti “Abayobozi bombi kandi bashimangiye ubushake bafite bwo gukorera hamwe mu gushaka ibisubizo birambye ku makimbirane mu bihugu bya Ethiopia, Sudan, Sudan y’Epfo na Somalia, bavuga ko Kenya n’u Rwanda bizakomeza kugira uruhare rw’imbere mu kwimakaza ibiganiro n’amahoro mu mpande zihanganye.”

U Rwanda na Kenya bimaze igihe bifitanye umubano mwiza, by’umwihariko hagati ya Perezida Kagame na Kenyatta

DomaNews

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago