POLITIKE

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’Isaha imwe I Nairobi

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Kenya, agirana ibiganiro na Perezida Uhuru Kenyatta byibanze ku mubano w’ibi bihugu byombi n’ingingo zireba akarere na Afurika by’umwihariko.

Advertisements

Ni uruzinduko rwamaze igihe gito, kuko byafashe isaha imwe ngo Perezida Kagame agere i Nairobi. Nyuma yo kuganirira mu ngoro y’umukuru w’igihugu, byafashe indi saha imwe gusa ngo Perezida kagame abe ageze i Kigali.

Yanditse kuri Twitter ati “Nagize urugendo rugufi ariko rw’ingirakamaro cyane hamwe na Perezida Uhuru Kenyatta i Nairobi muri iki gitondo. Ubu nagarutse mu rugo! Byari isaha 1 kugera i Nairobi, isaha 1 kugaruka i Kigali. Isaha 1 isaga y’ibiganiro, isaha 1 kuva ku kibuga cy’indege ngera ku biro by’umukuru w’igihugu no gusubira ku kibuga cy’indege. Hari byinshi byagarutsweho!!”

Ibiro bya Perezida wa Kenya byatangaje ko muri iyo nama, Perezida Kenyatta na Kagame baganiriye ku ngingo z’ubutwererane bw’ibihugu byombi, zirimo izijyanye n’ubucuruzi n’ubwikorezi.

Byatangaje ko ku bijyanye n’ubucuruzi, “Perezida Kenyatta yavuze ko umwanya mwiza u Rwanda ruherereyemo mu karere urugira umufatanyabikorwa w’ingenzi wa Kenya, by’umwihariko nk’irembo ryinjira mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’isoko ryagutse ry’akarere k’ibiyaga bigari.”

“Yashimye icyemezo cy’u Rwanda cyo kongera gufungura umupaka wa Gatuna uruhuza na Uganda, avuga ko kizoroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa n’abantu hagati y’ibi bihugu byombi by’abaturanyi.”

Umupaka wa Gatuna kandi ni ingenzi kuri Kenya, kuko wihutisha ibicuruzwa binyuzwa mu muhora wa ruguru, inzira ituruka ku cyambu cya Mombasa igaca muri Uganda, igakomeza mu Rwanda.

Uheruka gufungurwa ku wa 31 Mutara 2022, nyuma y’imyaka itatu ufunzwe.

Mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi kandi, Kenyatta ngo yasabye u Rwanda kongera ubwoko bw’ibicuruzwa rutumiza muri Kenya no kungukira kuri serivisi nziza zirangwa ku cyambu cya Mombasa, mu koroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa.

Kenyatta kandi yujeje Perezida Kagame ubufatanye mu guharanira intego z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu nyungu z’abaturage b’aka karere.

Ibiro bya Perezida wa Kenya bikomeza biti “Abayobozi bombi kandi bashimangiye ubushake bafite bwo gukorera hamwe mu gushaka ibisubizo birambye ku makimbirane mu bihugu bya Ethiopia, Sudan, Sudan y’Epfo na Somalia, bavuga ko Kenya n’u Rwanda bizakomeza kugira uruhare rw’imbere mu kwimakaza ibiganiro n’amahoro mu mpande zihanganye.”

U Rwanda na Kenya bimaze igihe bifitanye umubano mwiza, by’umwihariko hagati ya Perezida Kagame na Kenyatta

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago