POLITIKE

Perezida Emmanuel Macron yanze gupimirwa COVI-19 mu Burusiya

Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, yanze gufata ibipimo by’Uburusiya bya COVID-19, ubwo yari asabwe kubikoresha ahageze, agiye kureba Perezida Vladimir Poutine muri iki cyumweru.

Advertisements

Amakuru yaturutse ahantu habiri mu begereye Macron, yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters, ko Perezida Macron yanze ibyo bipimo kugira ngo Uburusiya butamwiba ADN (utunyabugingo tw’ibanze tugena imiterere y’umuntu).

Byatumye perezida w’Ubufaransa wari mu ruzinduko, ashyirwa kure y’umuyobozi w’Uburusiya mu biganiro birebire bagiranye kuri Ukraine i Moscou, tariki 7 y’uku kwezi kwa mbere.

Bafotowe umwe ari ku ruhande rumwe rw’ameza maremare cyane, undi ari ku rundi. Ibyo, ku mbuga nkoranyambaga, hari ababifashe nk’urwenya, babishakira ibisobanuro ubwabo. Abo barimo abadipolomate, bavuze ko Poutine yaba abyifashisha kugirango atange ubutumwa.

Cyakora amakuru aturuka ahantu habiri, yemeza ko abashinzwe kwita ku buzima bwa perezida w’Ubufaransa bemeje ko perezida w’Ubufaransa yahawe amahitamo hagati y’ibipimo bya COVID-19 bizwi nka CPR, bikozwe n’Ubushinwa bityo akemererwa kwegera Poutine. Yaba abyanze, akubahiriza izindi ngamba zo guhana intera.

“Turabizi neza ko ibyo bivuze ko nta guhana ibiganza, kandi ko ari kwicara kuri ayo meza maremare. Ariko ntitwashoboraga kwemera ko bagera kuri ADN ya perezida. Ibyo byavuzwe n’umwe muri abo bahaye amakuru Reuters, ashingiye ku mpungenge z’umutekano z’umuyobozi w’Ubufaransa, iyo apimwa n’abaganga b’Uburusiya”.

Umuvugizi w’Uburusiya, Dmitry Peskov, yemeje ko Macron yanze gupimwa kandi ko Uburusiya nta kibazo bubifiteho. Ariko ko bisobanuye ko hagomba intera ya metero 6 uvuye aho Putin yicaye mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’uyu muyobozi w’Uburusiya.

Yagize ati: “Nta politiki iri muri ibi, ntaho bihuriye n’imishyikirano mu buryo ubwo aribwo bwose.”

Andi makuru avuga ko abari hafi ya Macron, bavuze ko yashimangiye ko yafashwe igipimo cya PCR cy’Ubufaransa, mbere yo guhaguruka, n’ikindi gipimo cy’ubundi bwoko, yafashwe n’umuganga we, amaze kugera mu Burusiya.

Perezida Emmanuel Macron yanze gupimirwa COVI-19 mu Burusiya

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago