POLITIKE

Perezida Kagame yakiriye Umugaba Mukuru w’Ingabo wa Qatar

Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Qatar, Lt. Gen (Pilot) Salem bin Hamad bin Mohammed bin Aqeel Al Nabit uri mu ruzindiko mu Rwanda.

Advertisements

Uruzinduko rwe rugamije gutsura umubano ndetse hanasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati y’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubw’Ingabo za Qatar (QAF) mu bijyanye n’umutekano.

Kuri uyu wa Gatatu kandi ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe rw’iminsi itatu mu Rwanda, Salem bin Hamad bin Mohammed bin Aqeel Al Nabit yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ndetse anaganira n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda.

U Rwanda na Qatar bisanganywe ubufatanye mu ngeri zirimo umutekano, ishoramari, dipolomasi n’ibindi.

Salem bin Hamad bin Mohammed bin Aqeel Al Nabit aje mu Rwanda nyuma y’iminsi mike Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Qatar . Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi i Doha muri Qatar tariki 14 Gashyantare 2022. Yaherukaga muri Qatar mu Ukwakira 2021, icyo gihe yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar.

Muri Mutarama uyu mwaka kandi, Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira yagiriye uruzinduko muri Qatar rugamije gutsura umubano mu by’umutekano.

 

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

5 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago