POLITIKE

Perezida Kagame yakiriye Umugaba Mukuru w’Ingabo wa Qatar

Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Qatar, Lt. Gen (Pilot) Salem bin Hamad bin Mohammed bin Aqeel Al Nabit uri mu ruzindiko mu Rwanda.

Uruzinduko rwe rugamije gutsura umubano ndetse hanasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati y’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubw’Ingabo za Qatar (QAF) mu bijyanye n’umutekano.

Kuri uyu wa Gatatu kandi ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe rw’iminsi itatu mu Rwanda, Salem bin Hamad bin Mohammed bin Aqeel Al Nabit yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ndetse anaganira n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda.

U Rwanda na Qatar bisanganywe ubufatanye mu ngeri zirimo umutekano, ishoramari, dipolomasi n’ibindi.

Salem bin Hamad bin Mohammed bin Aqeel Al Nabit aje mu Rwanda nyuma y’iminsi mike Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Qatar . Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi i Doha muri Qatar tariki 14 Gashyantare 2022. Yaherukaga muri Qatar mu Ukwakira 2021, icyo gihe yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar.

Muri Mutarama uyu mwaka kandi, Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira yagiriye uruzinduko muri Qatar rugamije gutsura umubano mu by’umutekano.

 

DomaNews

Recent Posts

RDC: Abasirikare bakomeye bashinjwe guhunga urugamba ubwo M23 yafata Goma baburanishijwe

Urukiko Rukuru rwa gisirikare i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa kane…

7 hours ago

Uruzinduko Perezida Kagame yari kuzagirira I Gahanga muri Kicukiro rwimuriwe muri BK Arena

Uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y'U Rwanda Paul Kagame yari kuzagirira mu karere ka Kicukiro…

20 hours ago

Ubutumwa bw’ingabo za SADC zari muri RDC zasabwe kuhava

Kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025, Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa…

24 hours ago

Perezida Kagame azasura abaturage b’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu i Gahanga

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ategerejwe mu Karere ka Kicukiro i Gahanga aho…

1 day ago

Ubutegetsi bwa Congo bukomeje kwinangira ibiganiro n’umutwe wa M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko butaremeza niba buzitabira ibiganiro byabwo n’umutwe…

1 day ago

U Burusiya bwasabwe guhagarika intambara na Ukraine

Amerika yatangaje ko kugeza ubu umupira uri mu biganza by’u Burusiya kugira ngo baganire bemeranye…

1 day ago