IMYIDAGADURO

Umuhanzi Meddy yatangaje amazina y’umwana we

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 01 Mata 2022, nibwo Umuhanzi w’icyamamare Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy, yashyize ahagaragara amafoto ariho n’amazina y’imfura ye aherutse kwibaruka, akaba yaramwise Myla Ngabo.

Meddy abinyujije kuri Instagram ye, ku wa 23 Werurwe 2022 yari yasohoye amashusho n’amafoto bwa mbere agaragaza umugore we akuriwe, ndetse atangaza ko bari hafi yo kwibaruka Umwana w’umukobwa.

Advertisements

Mu mafoto n’amashusho mashya yashyize ahagaragara, yerekana ibihe binyuranye byaranze ubuzima bwe na Mimi mu gihe yari atwite ndetse n’andi mafoto agaragaza intoki z’umwana wabo.

Yashyizeho kandi andi mafoto atandukanye agaragaza ko uyu mukobwa wabo bahisemo kumwita Myla Ngabo, ndetse imwe iriho ubutumwa bugira buti “Myla Ngabo ndi umukobwa wa data nkaba isi ya Mama.”

Myla ni izina ry’umukobwa rivuga ‘Umusirikare’ cyangwa ‘Ingabo’ rikaba kandi rijya guhura n’izina rya Kinyarwanda rya Meddy, ndetse rikaba rifite ubundi busobanuro ‘Ishimwe’.

Myla Ngabo yahise afungurirwa urubuga rwa Instagram, mu masaha macye ashize amaze kugira abamukurikira barenga 1,522.

Ku wa 22 Gicurasi 2021 ni bwo Meddy na Mimi basezeranye kubana akaramata.

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago