Meddy abinyujije kuri Instagram ye, ku wa 23 Werurwe 2022 yari yasohoye amashusho n’amafoto bwa mbere agaragaza umugore we akuriwe, ndetse atangaza ko bari hafi yo kwibaruka Umwana w’umukobwa.
Mu mafoto n’amashusho mashya yashyize ahagaragara, yerekana ibihe binyuranye byaranze ubuzima bwe na Mimi mu gihe yari atwite ndetse n’andi mafoto agaragaza intoki z’umwana wabo.
Yashyizeho kandi andi mafoto atandukanye agaragaza ko uyu mukobwa wabo bahisemo kumwita Myla Ngabo, ndetse imwe iriho ubutumwa bugira buti “Myla Ngabo ndi umukobwa wa data nkaba isi ya Mama.”
Myla ni izina ry’umukobwa rivuga ‘Umusirikare’ cyangwa ‘Ingabo’ rikaba kandi rijya guhura n’izina rya Kinyarwanda rya Meddy, ndetse rikaba rifite ubundi busobanuro ‘Ishimwe’.
Myla Ngabo yahise afungurirwa urubuga rwa Instagram, mu masaha macye ashize amaze kugira abamukurikira barenga 1,522.
Ku wa 22 Gicurasi 2021 ni bwo Meddy na Mimi basezeranye kubana akaramata.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…