Kwibuka28: Urugendo rwo Kwibuka “Walk To Remember” ntabwo ruzabaho

Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, MINUBUMWE, yatangaje ko ku nshuro ya 28 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, urugendo rwo kwibuka rwabaga buri taliki 07, Mata buri mwaka rutazabaho.

Dr Jean Damascène Bizimana Umuyobozi w’iyi Minisiteri, yavuze ko hafashwe uriya mwanzuro kubera ko COVID-19 igihari  bityo ngo kubuza abantu kwegerana kandi bari mu rugendo nka ruriya ntibyakunda.

Ati: “ Twasanze uyu mwaka icyo gikorwa cy’urugendo rwo kwibuka twakihorera”

Yabwiye RBA ko nta n’ijoro ryo kwibuka rizaba ahubwo abantu bazakurikiranira ibyaryo kuri radiyo na televiziyo

Ku byerekeye uko bizaba byagenze mu masaha ya mu gitondo kuri uwo munsi, Minisitiri Dr Jean Damascène Bizimana avuga ko mu gitondo saa tatu umuhango wo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 28 uzabera ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi.

Muri buri Mudugudu hakazabera ibiganiro bivuga ku nsanganyamatsiko n’ubutumwa bwagenewe kiriya gikorwa.

Minisitiri Bizimana avuga ko ikiganiro bamaze kucyoherereza uturere kandi natwo  twabwohereje aho bugomba kugera.

Nyuma y’ikiganiro abaturage bazungurana ibitekerezo ku kiganiro bahawe ariko banungurane ibitekerezo by’uko ingamba zo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside zishyirwa mu bikorwa aho batuye.

Bazanaganira uko ibibazo bibangamira ubumwe bw’Abanyarwanda bwashakirwa ibisubizo aho batuye.

Urugendo rwo Kwibuka “Work To Remember” ryakorwaga ku mugoroba wa tariki 07 Mata buri mwaka, rukitabirwa n’Abayobozi batandukanye n’Urubyiruko

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *