IMYIDAGADURO

Urukiko rwategetse ko Miss Elsa Iradukunda arekurwa agakurikiranwa adafunzwe

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Miss Iradukunda Elsa arekurwa agakurikiranwa adafunzwe. Akekwaho ibyaha birimo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano.

Advertisements

Umwanzuro ukimara gusomwa, uyu mukobwa yasazwe n’ibyishimo, ahoberana n’inshuti ze zamubaye hafi mu bihe bigoye.

Isomwa ry’urubanza ryabaye kuri uyu wa 25 Gicurasi 2022. Umutekano wari wakajijwe nk’ibisanzwe. Miss Iradukunda yari yitabiriye isomwa ry’urubanza rwe ryari ryanitabiriwe n’abanyamakuru benshi.

Mu isomwa ry’Umwanzuro w’Urukiko mu rubazna ruregwa mo Miss Elsa, Urukiko rwabanje gusoma ibyaha akekwaho, ruvuga uburyo impande zombi zireguye.

Rwavuze ko Ubushinjacyaha bwasabye ko Miss Iradukunda arekurwa agakurikiranwa ari hanze. Uyu mukobwa nawe nibyo yari yasabye mu iburanisha ribanza.

Urukiko rwahise rushimangira ko arekurwa, kandi uwo mwanzuro ugahita ushyirwa mu bikorwa. Iradukunda Elsa wabaye Miss Rwanda mu mwaka wa 2017 yatawe muri yombi na RIB kuya 08 Gicurasi 2022, akurikiranyweho ibyaha birimo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano.

Urukiko rwahise rutegeka ko arekurwa kandi uwo mwanzuro ugahita ushyirwa mu bikorwa

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago