INKURU ZIDASANZWE

Rutikanga Ferdinand watangije Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda yitabye Imana

Rutikanga Ferdinand wakunze kuvuga ko ari we watangije Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda yitabye Imana azize uburwayi kuri uyu wa 11 Nyakanga 2022.

Advertisements

Umugore wa Rutikanga Ferdinand ni we wahamije amakuru y’urupfu rw’umugabo we wamamaye cyane nk’umwe mu bakinnye bwa mbere umukino w’iteramakofe.

Yavuze ko yitabye Imana saa Tatu za nijoro zo kuri uyu wa 11 Nyakanga 2022.

Amakuru ahari avuga ko uyu mugabo wari urwaye indwara zirimo umuvuduko w’amaraso, impyiko na kanseri yo mu maraso yaguye iwe mu rugo ubwo yari amaze kunywa imiti.

Rutikanga Ferdinand wari usanzwe atuye i Ndera kugeza ubu umubiri we ukaba uri mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Masaka.

Rutikanga yavuze ko yatangije Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda mu 1972., yawutangiriye mu cyahoze ari Zaïre.

Ku wa 24 Kanama 2018 ubwo yari afite imyaka 60 y’amavuko ni bwo Rutikanga yasezeye ku iteramakofe mu mukino wamuhuje n’impanga ye Ndagijimana Sylvain bakinanaga.

Mu biganiro byinshi, Rutikanga yakundaga kuvuga ko yakubitaga amakofi aremereye, apima ibilo byinshi.

Rutikanga yakundaga kwivuga imyato yagaritse “Umutanzaniya’’ bakamusaka inyundo.

Umukino ukomeye yibukirwaho ngo ni uwo yakiniye kuri Stade Umuganda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo yakubitaga Umuzayirwa ngo ‘akamuca ururimi.’

Rutikanga Ferdinand mu 1970 yatwaye umudali mu mikino yabereye i Lubumbashi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu cyahoze ari yitwa Zaïre.

Uyu musaza wabaye muri Club Inkuba Zesa yabaye n’umusifuzi w’Iteramakofe mu Rwanda

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago