Massamba Intore yateguye igitaramo cyo kwizihiza umunsi isasu rya mbere ry’urugamba rwo kubohora Igihugu ryavugiye

Umuririmbyi Masamba Intore yateguye igitaramo ku itariki ya 01 Ukwakira 2022, kizaba kizihiza Umunsi wa mbere isasu ryambere ry’Urugamba rwo kubohora U Rwanda ryavugiyeho mu 1990.

Iki gitaramo cyateguwe na Massamba Intore ni kimwe n’ibyo asanzwe ategura mu rwego rwo kwizihiza amatariki anyuranye afite icyo avuze ku rugamba rwo kubohora u Rwanda.

Massamba Intore avuga ko bene ibi bitaramo biba bigamije gutaramana n’abakunzi b’umuziki haririmbwa indirimbo zivuga amateka y’urugamba ndetse no gushimisha buri wese warugizemo uruhare.

Iki kikaba kimeze nk’icyo Massamba Intore yakoze ku wa 29 Ukwakira 2021 yari yise ‘Dutarame u Rwanda, Turuvuge amacumu’ ubwo hasozwaga ukwezi ko gukunda Igihugu.

Uretse Massamba Intore uzataramira muri Cocobean ahazabera iki gitaramo, uyu muhanzi azaba afatanya n’abarimo Ruti Joel bafatanyije na Angel na Pamella.

Kwinjira muri iki gitaramo ni ibihumbi 10 Frw ku muntu wese wifuza kuzakitabira ariko bitewe n’imyanya micye cyane abakunzi b’umuziki basabwa kubikisha imyanya hakiri kare binyuze kuri nimero zatanzwe.

Massamba Intore azafatanya n’abarimo Ruti Joel, Angel na Pamella na Alouette

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *