Urukiko Rukuru ruherereye i Dar es Salaam muri Tanzania rwakatiye igihano cy’urupfu abantu 11 barimo Abarundi batatu, nyuma yo kubamya icyaha cy’ubwicanyi.
Mu mpera z’iki cyumweru aba bantu 11 bahamijwe icyaha cyo kwica Umunya-Afurika y’Epfo, Wayne Lotter wakoraga ibikorwa byo kubungabunga inzovu. Ubu bwicanyi bwakozwe ku wa 16 Kanama mu 2017.
Wayne Lotter wari ufite imyaka 51 yarasiwe mu gace ka Masaki i Dar es Salaam ubwo yari mu nzira ajya kuri hoteli nyuma y’amasaha make avuye ku Kibuga cy’Indege cya Julius Nyerere.
Imodoka yari arimo yitambitswe n’indi irimo abagabo babiri, umwe wari ufite imbunda ahita amurasa. Uyu mugabo yishwe mu gihe hari hashize iminsi aterwa ubwoba kubera ibikorwa bye byo kwamagana ibikorwa byo gushimuta inzovu.
Ku wa Gatanu nibwo Umucamanza mu Rukiko Rukuru, Laila Mgonya yatangaje ko aba bantu 11 bahamwa n’icyaha cy’ubwicanyi ndetse bahanishwa igihano cy’urupfu.
Abakatiwe igihano cy’urupfu ni Rahma Almas Nduwimana Ogiste (ukomoka i Burundi), Godfrey Salamba, Chambie Juma Ally, Allan Elikana Mafue, Ismail Issah Mohammed, Leonard Phillipo Makoi, Ayoub Selemani Kiholi, Abuu Omary Mkingie, Habonimana Augustine Nyandwi (ukomoka i Burundi) na Michael Duv.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…