IMIKINO

Perezida Kagame na Gianni Infantino uyobora FIFA bafunguye ku mugaragaro Kigali Pelé Stadium

Perezida Paul Kagame na Gianni Infantino uyobora FIFA, bafunguye ku mugaragaro Kigali Pelé Stadium, mu muhango wabaye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Werurwe 2023.

Advertisements

Stade yahoze yitwa iya Kigali yatashywe nyuma yo kuvugururwa. Muri uyu muhango, irakinirwaho imikino itandukanye y’irushanwa rihuza amakipe y’abakanyujijeho nka kimwe mu bikorwa bishamikiye ku Nteko Rusange ya 73 ya FIFA iri kubera i Kigali.

Imirimo yo kuyivugurura yatangiye tariki 4 Mutarama 2023. Mu byayikozwemo harimo gusimbuza tapis yarimo, guhindura igisenge, kuvugurura urwambariro no gusiga amarangi mu mfuruka zayo zitandukanye.

Perezida Paul Kagame yashimiye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, kuri iki gikorwa.

Ati “Tubashimiye kubana natwe muri aka kanya. Ndashaka kugushimira Gianni, Perezida wa FIFA kuduha aya mahirwe yo guhuriza aba bantu bose hano mu gihe dufungura iyi Stade yitiriwe Pelé.”

“Iyi stade ni ahantu hagenewe abakobwa bakiri bato n’abahungu bahurira hamwe bagakina, bashaka kwigira ku munyabigwi Pelé.”

Gianni Infantino yavuze ko bishimiye kuba mu Rwanda mu gihe hagiye kubera Inama ya 73 ya FIFA.

Ati “Uyu munsi twazanye Isi yose mu Rwanda kubera umupira w’amaguru uhuza Isi.”

“Twishimiye kandi gufungura iyi “Kigali Pelé Stadium”. Pelé ni umupira w’amaguru kandi ni ngombwa ko tumuha icyubahiro nubwo yadusize.”

Stade ya Kigali iherereye i Nyamirambo yahinduriwe izina yitiririrwa Umunya-Brésil Edson Arantes do Nascimento “Pelé”. Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’urupfu rw’uyu munyabigwi witabye Imana tariki 29 Ukuboza 2022 azize uburwayi.

Ibihugu bitandukanye byagiye byitirira Pelé zimwe muri stade zabyo nyuma y’uko bisabwe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA, Gianni Infantino, ubwo yari mu muhango wo kumushyingura ku wa 3 Mutarama 2023.

Pelé afatwa nk’umukinnyi wa mbere wabayeho mu mateka ya Ruhago ku Isi. Yakinnye Igikombe cy’Isi inshuro enye, agitwara eshatu zirimo mu 1958, mu 1962 no mu 1970, aho yatsinze ibitego 12 mu mikino 14.

Yatsinze ibitego 1281 mu mikino 1363 yakinnye nk’uwabigize umwuga.

Amafoto: IGIHE

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago