IMYIDAGADURO

Harmonize yihanganishije Abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Umuhanzi ukomoka muri Tanzania Rajab Abdul Kahali wamamaye nka Harmonize yihanganishije Abanyarwanda binjiye mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 kuri uyu wa gatanu tariki 7 Mata 2023.

Harmonize yihanganishije Abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
Advertisements

Uyu muhanzi yifatanije n’abandi batuye ku migabane itandukanye y’Isi mu guhumuriza Abanyarwanda binjiye muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe abatutsi yishwemo abasaga miliyoni mu mezi atatu gusa.

Abinyujije kuri story ye ya Instagram yanditse amagambo agize insanganyamatsiko n’ubundi y’uyu mwaka yo kwibuka 29.

Aho yanditse ati “Remember-Unite-Renew.’’

Yongera ko bidakwiriye kubaho ukundi yongeraho hashtag yo Kwibuka29.

Ndetse Harmonize akomeza abanyarwanda ati “Mukomere’’.

Harmonize ni umwe mu bahanzi bakunze kugenderera u Rwanda no kugaragaza ubushuti ku bahanzi bahanzi Nyarwanda cyane cyane Bruce Melodie.

Harmonize yakunze kugenderera u Rwanda cyane akaba n’inshuti ya gadasohoka ya Bruce Melodie

Uyu muhanzi kandi yabashije no guhindura ifoto igize Instagram ye ashyira ibendera ry’u Rwanda.

U Rwanda rwatangiye icyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu Rwanda, ni mugihe ibikorwa byo kwibuka bizakomeza mu minsi 100.  

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

5 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

5 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

6 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

6 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

6 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

6 months ago