#Kwibuka29: Kwibuka si imyaka gusa, ni ukubana n’abacu kuko batazimye! Madamu Jeannette Kagame
Tariki ya 7 Mata, u Rwanda rwatangiye iminsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 aho Madamu w’umukuru w’igihugu Jeannette Kagame nawe ari mu bifatanije n’Isi yose atanga ubutumwa.
Madamu Jeannette yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari umwanya wo kubana n’abazize ayo mahano kuko batazimye.
Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Mata 2023, ubwo Abanyarwanda n’Isi muri rusange batangiraga icyumweru cy’icyunamo n’ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.
Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ari ku nshuro ya 29 hibukwa abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ariko igisobanuro cyo kwibuka kirenze umubare w’imyaka ishize aya mahano abaye.
Yagize ati “ Kwibuka, si ijambo gusa! Kwibuka, si igihe gusa! Kwibuka, si imyaka 29 tumaze, Kwibuka ni ukubana n’abacu kuko batazimye!’’
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…