#Kwibuka29: Kwibuka si imyaka gusa, ni ukubana n’abacu kuko batazimye! Madamu Jeannette Kagame
Tariki ya 7 Mata, u Rwanda rwatangiye iminsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 aho Madamu w’umukuru w’igihugu Jeannette Kagame nawe ari mu bifatanije n’Isi yose atanga ubutumwa.
Madamu Jeannette yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari umwanya wo kubana n’abazize ayo mahano kuko batazimye.
Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Mata 2023, ubwo Abanyarwanda n’Isi muri rusange batangiraga icyumweru cy’icyunamo n’ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.
Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ari ku nshuro ya 29 hibukwa abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ariko igisobanuro cyo kwibuka kirenze umubare w’imyaka ishize aya mahano abaye.
Yagize ati “ Kwibuka, si ijambo gusa! Kwibuka, si igihe gusa! Kwibuka, si imyaka 29 tumaze, Kwibuka ni ukubana n’abacu kuko batazimye!’’
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…