INKURU ZIDASANZWE

Umupilote yarusimbutse nyuma yo kubona inzoka mu ndege atwaye

Umupilote utwara indege muri Afurika y’Epfo, witwa Rudolph Erasmus, byabaye ngombwa ko atabaza ubutabazi bwihuse nyuma yo kubona inzoka ya cape cobra igira ubumara bubi munsi y’intebe ye ubwo yari mu kirere mu birometero 3000 birenga uvuye ku butaka.

Ku wa mbere, tariki ya 3 Mata, Erasmus yari afite abagenzi bane muri iyo ndege yagendaga mu kirere, nibwo yumvaga “ikintu kimukonjeye” kimunyura mu mugongo w’inyuma. Yubuye amaso abona umutwe wa cape cobra nini cyane“ usubira inyuma munsi y’intebe.

Atangariza ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika (AP) ati ‘’Byari nk’aho ubwonko bwanjye bwari bwatakaye butazi ibibaye’’.

Yongeyeho ko hahise habaho umwanya wo gutuza cyane ku bantu bose, ndetse no guceceka.

Erasmus yahise yihutira guhamagara abashinzwe kugenzura ikirere, kugira ngo abashe kugwisha indege ku butaka mu Mujyi hagati wa Welkom muri Afurika y’Epfo. Kandi ngo yarafite n’indi minota 10 kugeza 15 yo guhagurutsa iyo ndege ariko yaje kuyigeza ku butaka inzoka yamaze kuzenguruka amaguru ye.

Uyu mupilote avuga ko yakomeje kureba aho yaragiye kugwa ngo byari bishimishije, mu mvugo ye ati “Ntabwo ngira ubwoba cyane bw’inzoka ariko mu busanzwe ntabwo njya hafi yayo.’’

Brian Emmenis, ukora kuri radiyo ya Welkom Gold FM akaba n’inzobere mu by’indege, niwe wakiriye telefoni kugira ngo arebe niba ashobora kugira ubufasha atanga. Yavuze ko yahamagaye ishami rishinzwe kuzimya umuriro n’ubutabazi muri rusange, hahise hoherezwa abashinzwe ubutabazi mu gukemura ikibazo n’ushinzwe iby’inzoka ku kibuga cy’indege. Emmenis ni umwe mu babonye abo bagenzi yavuze ko abenshi bari bahahamutse, aho yagize ati ‘’benshi bari bahungabanye ku buryo bugaragara “, ariko byose byari bifite umutekano hashimirwa Erasmus.

Emmenis avuga ko yagize umutima ukomeye wo gutuza kugeza aho yururukije indege arikumwe n’inzoka ya Cape Cobras igira ubumara bubi byongeyeho iri no munsi y’intebe ye.

Cape Cobras ni bumwe mu bwoko bw’inzoka ya cobra buteza ibyago bikomeye muri Afurika kubera imbaraga z’uburozi bwazo.

Bivugwa ko batigeze bamenya uwaba yarashyize iyo nzoka mu ndege.

Christian

Recent Posts

Gen Muhoozi yikomye Ambasaderi wa Amerika muri Uganda wubahutse Se

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, akaba n'imfura ya Perezida wa Uganda Yoweri…

22 hours ago

P. Diddy yahawe umucamanza mushya washyizweho na Perezida Joe Biden

Kuri uyu wa 03 Ukwakira 2024 nibwo hasohotse itangazo rivuga ko Arun Subramanian ari we…

23 hours ago

Umukinnyi wa Rayon Sports n’uwa Gorilla Fc basezerewe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’

Kuri uyu wa Kane tariki 3 Ukwakira 2024, umutoza w'ikipe y'igihugu 'Amavubi' Torsten Spittler yatangiye…

24 hours ago

Umuhanzikazi w’Umunyarwanda yasezerewe mu kigo ngororamuco

Umwe mu bakobwa bakomoka ku babyeyi ba Banyarwanda bakorera umuziki wabo mu gihugu cya Uganda…

1 day ago

Amatike y’ibitaramo Chris Brown afite muri Afurika y’Epfo na Brazil yashize ku isoko rugikubita

Umuhanzi w'icyamamare mu njyana ya RnB Chris Brown yanditse amateka mu bitaramo ateganya gukorera mu…

1 day ago

Goma: Ubwato bwarohamye bwarimo abasaga 400

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 3 Ukwakira 2024, Ubwato buzwi ku izina…

2 days ago