RWANDA

Muhanga: Igisambo cyari cyarabazengereje cyarashwe

Mu rukerera ryo kuri uyu wa 08 Mata 2023 Inzego z’Umutekano zarashe umujura wari witwaje inkota n’ipiki yikoreye na Televiziyo yari yibye Umuturage.

Advertisements

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Rutenga, Akagari ka Gahogo Umurenge wa Nyamabuye.

Bamwe mu baturage bahatuye, babwiye UMUSEKE dukesha iy’inkuru ko bumvise isasu muri ayo masaha, barahurura bahageze basanga ari igisambo kimaze kuraswa.

Umwe yagize ati “Twamusanganye inkota ndende n’ipiki, yikoreye na Televiziyo yibye umuturage.”

Uyu muturage avuga ko uwo barashe ari mu bajura benshi bazengereje abaturage muri iyi minsi.

Yavuze ko bafite amayeri menshi yo kwiba, kuko hari abasigaye bambara impuzankano z’abanyerondo b’umwuga, umuturage yababona ntiyikange.

Uyu muturage kandi avuga ko iyo muhuye nabo, bakwaka telefoni ngendanwa, bakabanza kukubaza umubare w’ibanga kugira ngo nibasanga harimo amafaranga, bayiyoherereze ntibanayigusubize.

Ati “Turashimira Inzego z’umutekano kuko iyo zitahaba iki gisambo kiba cyahitanye ubuzima bw’abaturage wenda harazamo agahenge.”

Gitifu w’Akagari ka Gahogo Ndihokubwayo Vénuste yemeje ayo makuru gusa avuga ko uyu mujura warashwe, nta cyangombwa kimuranga bamusanganye.

Avuga ko ubwo inzego z’umutekano zamuhagarikaga yashatse kwiruka, barasa hejuru arakomeza nibwo baje kumurasa.

Ndihokubwayo avuga ko bajyanye Umurambo we mu Bitaro bya Kabgayi, kugira ngo usuzumwe.

Hashize iminsi mu Midudugudu imwe yo mu Murenge wa Nyamabuye, Cyeza na Shyogwe humvikana abantu bibwe ibikoresho byo mu rugo,  ndetse abandi bagasiga batemwe n’abo bajura.

Cyakora Polisi mu Mujyi wa Muhanga, muri iki  Cyumweru gishize yakoze Operasiyo ifata abarenga 300 bahungabanyaga umutekano w’abaturage ubu bakaba bafungiye mu kigo cy’Inzererezi giherereye  mu Murenge wa Muhanga.

Src: UMUSEKE

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

3 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago