AMATEKA

Menya amateka ya Miss Jeanne Nubuhoro wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu 1994 ni umwaka utazibagirana mu mateka y’Abanyarwanda n’Isi yose muri rusange kubera Jenoside yakorewe Abatutsi, yahitanye abarenga miliyoni mu mezi atatu, muribo harimo na Nyampinga w’u Rwanda Nubuhoro Jeanne mu gihe twunamira inzirakarengane,tugiye kugaruka ku mateka ya Miss Jeanne Nubuhoro wishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi 1994.

Miss Jeanne Nubuhoro wishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Jeanne Nubuhoro Nyampinga w’u Rwanda wo muri 1993, ni umukobwa Jean Munyankindi na Mediatrice Nyiramadadari mwene Murekezi wa Ndayishimiye ba Byabagabo ba Rugenzi rwa Mutaga wa Rutamu rwa Nyiramakende wa Mugunga wa Kibogo cya Ndahiro Cyamatare w’Ibwambi bw’u Rwanda.

Mu mwaka wa 1992 Miss Nubuhoro Jeanne na nyina bahungiye I Burundi, kubera umutekano wari muke mu Rwanda bagezeyo, uyu mukobwa wigaga mu ishuri rya G.S.N.D.B.C Byumba, yahise yiyamamariza mu bakobwa bahataniye ikamba rya Miss Burundi ahita aza mu myanya y’imbere atorerwa kuba igisonga cya Nyampinga w’u Burundi. Miss Nubuhoro Jeanne niwe mukobwa w’umunyarwandazi watowe muri ayo marushanwa yabaye mu ibanga rikomeye, abereye muri Hoteli ya Meridien .

Mu mwaka 1994 mu gihe igihugu cy’u Rwanda cyari mwicuraburindi, Miss Jeanne Nubuhoro yiciwe Caraes Indera aho we n’umuryango we bari bahugiye. Uyu mukobwa yishwe hashize iminsi itandatu gusa Ingabo za MINUAR zarindaga Indera zihavuye zitaye impunzi z’Abatutsi zari zahahugiye mu maboko y’Interahamwe.

Kuva ku ya 11 Mata, abasirikare ba MINUAR bagenda, Abatutsi bari bahungiye kuri Caraes Ndera bagerageje kwirwanaho uko bashoboye kugeza ku itariki ya 17 Mata, ariko Interahambwe zirabaganza.

Interahamwe zahise zinjira aho abandi Batutsi bari bahishe muri Carees I Ndera, zihita zimenya Miss Nubuhoro Jeanne, zihita zimusohora hanze zihita zimwica urupfu rwagashinyaguro zimwicana na nyina Nyiramadadari Mediatrice hamwe n’abavandimwe be babiri aribo Pouline Munyankindi na Fidèle Munyankindi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago