Umuntu kugeza ubu utaramenyekana yateye urugo rwa Ayabagabo utuye mu murenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro, akomeretsa umwana w’umukobwa amuteye ibyuma.
Amakuru y’ibanze DomaNews yahawe, ni uko byabaye muri iri joro ryakeye rya tariki 11/04/2023, ahagana saa mbili n’igice z’ijoro (20h30).
Byabereye mu mudugudu wa Itunda, akagali ka Rubirizi mu murenge wa Kanombe.
Uwo muntu utaramenyekanye yinjiye mu nzu ahura n’umukobwa w’imyaka 23 wo muri ruriya rugo, amutera icyuma mu ijosi no mu nda arakomeraka, ariko by’amahirwe ntiyapfa.
Abayobozi b’Umudugudu ngo baketse ko uwateye ruriya rugo ari umujura, ariko bavuga ko bitewe n’ibihe byo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’amasaha uriya muntu yateye ruriya rugo “tubihuza n’uko uyu muryango wacitse ku icumu, turakeka ko yashakaga kubahitana,” ni ko raporo y’ibanze twabonye ivuga.
Ubu buyobozi bwasabye ko hakorwa iperereza.
Uwakomeretse yiga mu mashuri yisumbuye, ubwo abaturage batabaraga basanze umugizi wa nabi wamuteye ibyuma yirutse.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rubirizi, Bayingana Pierre Claver yabwiye Taarifa ko icyo kibazo yakimenye.
Avuga ko “umujura” yinjjiranye bene urugo agira ngo baze kumukingirana, ashiduka hari umwana umubonye, “ahita amutera ibyuma agira ngo asohoke yiruke.”
Yavuze ko umwana wakomeretse yahise ajyanywe kwa muganga.
Asaba abaturage kutirara ngo bumve ko niba bakinze ku gipangu, gukinga izindi nzugi ntacyo bimaze.
Ati “Uburangare no kwirara biha abajura urwaho rwo kwiba bitabagoye.”
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…