MU MAHANGA

Rudi Garcia yirukanywe nk’umutoza wa Al Nassr nyuma yuko Cristiano Ronaldo avuze ko atanyuzwe n’imyitoreze ye

Uwari umutoza mukuru w’ikipe ya Al Nassr Rudi Garcia yirukanywe ku mirimo ye nyuma yuko ngo hari amakuru avuga ko Cristiano Ronaldo atangaje ko atanyurwa n’uburyo bw’imyitoreze ye.

Advertisements

Ikipe ya Al Nassr isanzwe ibarizwa muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Arabia Saudite yemeje ko yamaze gusesa amasezerano yarifitanye n’umutoza wayo Rudi Garcia.

Ubuyobozi bw’iyikipe bwemeje ko uyu mutoza yagiye ku bwumvikane hagati y’impande zombi ni mugihe hari amakuru avuga ko umubano we hagati n’abakinnyi utari wifashe neza ndetse na kizigenza Cristiano akaba ataranyurwaga n’amayeri mu myitoreze ye.

Rudi Garcia ukomoka mu gihugu cy’Ubufaransa yahise ava muri iy’ikipe nyuma y’amezi umunani gusa ayerekejemo.

Bivugwa ko Garcia yokejweho igitutu nyuma yaho ikipe ye ya Al Nassr inganyije n’ikipe ya Al-Feiha ubusa ku busa, mu mukino wabaye ku cyumweru, kandi ngo Cristiano wemerewe guhabwa akayabo ka miliyoni 175 z’amapound buri mwaka atishimiye imitoreze ye.

iy’ikipe yahise yemeza ko umutoza Dinko Jelicic watozaga abatarengeje imyaka 19 ariwe uhise uhabwa ikipe nk’umutoza mukuru wa Al Nassr.

Kugenda kwa Garcia bije nyuma y’umujinya mwinshi wa Ronaldo yagaragaje yikubita mu kibuga ku cyumweru maze abwira abakinnyi batavuga rumwe ubuyobozi ko badashaka gukina.

Ibi byari byamaganiwe kure n’umutoza Garcia ko ahubwo yatunguwe no kubona abakinnyi badakina neza ku mukino wo cyumweru nk’uko yari yabibasabye mbere.

Ati “Sinigeze shimishwa n’imikinire yabo. Nabasabye gukina umukino ku rwego rumwe n’umukino twaherukaga gukina dutsinda ibitego 5-0. Al-Adalah, ariko siko byagenze’’

Garcia w’imyaka 59 yagizwe umutoza wa Al Nassr mu mpeshyi y’umwaka ushize asimbuye umutoza ukomoka muri Argentine Miguel Angel Russo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago