Ubuyobozi bw’ikipe ya Police FC, bwakoze impinduka zitunguranye, aho uwayiyobora yasimbuwe n’uwari umwungirije bwa Kabiri.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Mata 2023 nibwo hamenyekanye amakuru y’impinduka muri iy’ikipe, biciye ku Munyamabanga Mukuru w’iyi kipe y’abashinzwe umutekano, CIP Bikorimana Obed, aya makuru yemejwe ko ari impamo.
Ati “Nibyo izo mpinduka zabaye. Umwanya wa SP Ruzindana Regis wari Visi Perezida wa Kabiri Ushinzweigura n’igurisha ry’abakinnyi, uzajya mu biro bya Chairman.”
Muri Nyakanga umwaka ushize, ni bwo hari hatangajwe ubuyobozi bushya bwa Police FC bwari buyobowe na ACP Yahaya Kamunuga wari wungirijwe na Rtd Bosco Rangira na SP Ruzindana Regis.
Bisobanuye ko SP Ruzindana yasimbuye ACP Yahaya Kamunuga bivugwa ko yahawe izindi nshingano muri Polisi y’Igihugu cy’u Rwanda.
Bivugwa ko uwari Chairman wa Police FC, ashobora kuba agiye kujya mu butumwa bw’Igihugu hanze y’u Rwanda.
Iyi kipe iri ku mwanya wa Gatanu n’amanota 39 mu mikino 24 imaze gukina muri shampiyona y’u Rwanda.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…