IMIKINO

Bitunguranye! Ikipe ya Police Fc yakoze impinduka mu Buyobozi

Ubuyobozi bw’ikipe ya Police FC, bwakoze impinduka zitunguranye, aho uwayiyobora yasimbuwe n’uwari umwungirije bwa Kabiri.

Advertisements

Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Mata 2023 nibwo hamenyekanye amakuru y’impinduka muri iy’ikipe, biciye ku Munyamabanga Mukuru w’iyi kipe y’abashinzwe umutekano, CIP Bikorimana Obed, aya makuru yemejwe ko ari impamo.

Ati “Nibyo izo mpinduka zabaye. Umwanya wa SP Ruzindana Regis wari Visi Perezida wa Kabiri Ushinzweigura n’igurisha ry’abakinnyi, uzajya mu biro bya Chairman.”

Muri Nyakanga umwaka ushize, ni bwo hari hatangajwe ubuyobozi bushya bwa Police FC bwari buyobowe na ACP Yahaya Kamunuga wari wungirijwe na Rtd Bosco Rangira na SP Ruzindana Regis.

ACP Yahaya Kamunuga yasimbuwe ku Buyobozi bwa Police Fc

Bisobanuye ko SP Ruzindana yasimbuye ACP Yahaya Kamunuga bivugwa ko yahawe izindi nshingano muri Polisi y’Igihugu cy’u Rwanda.

Bivugwa ko uwari Chairman wa Police FC, ashobora kuba agiye kujya mu butumwa bw’Igihugu hanze y’u Rwanda.

Iyi kipe iri ku mwanya wa Gatanu n’amanota 39 mu mikino 24 imaze gukina muri shampiyona y’u Rwanda.

SP Ruzindana yagizwe Umuyobozi wa Police Fc

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago