MU MAHANGA

Perezida Kagame yageze muri Bénin mu ruzinduko rw’akazi

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yamaze kugera i Cotonou mu murwa mukuru w’igihugu cya Bénin, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.

Advertisements

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yageze muri Bénin mu masaha yatambutse ahasanga Madamu Jeannette Kagame wahageze ku munsi w’ejo.

Madamu Jeannette Kagame yahageze mbere y’umukuru w’igihugu, yakirwa na Claudine Talon umudamu wa Perezida wa Bénin

Perezida Paul Kagame yagendereye Bénin ku butumire bwa Perezida mugenzi we wa kiriya gihugu, Patrice Talon.

Perezidansi ya Bénin iheruka gutangaza ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Mata Perezida Kagame yakirwa na mugenzi we Talon mu ngoro ye (Palais de la Marina) bagirane ibiganiro biri bubere mu muhezo.

Perezida Paul Kagame yageze i Cotonou

Ni ibiganiro biri bukurikirwe n’ibindi biri buhuze abayobozi bazaba bagize delegasiyo z’impande zombi binasinyirwamo amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Ni amasezerano yerekeye inzego zitandukanye nk’ubucuruzi, guteza imbere ishoramari ndetse no gusangizanya ubunararibonye, ubukerarugendo, gufasha ubwisanzure bw’urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa, ubwikorezi bwo mu kirere hagati ya Kigali na Cotonou, uruganda rw’imyenda ndetse no kurwanya iterabwoba.

U Rwanda na Bénin bisanzwe bifitanye andi masezerano y’ubufatanye mu nzego zirimo ikoranabuhanga, imiturire no gutunganya imijyi, ibikorwa remezo ndetse n’iterambere rirambye. Ni amasezerano yashyizweho umukono muri Nzeri 2017.

Umuhango wo gushyira umukono kuri aya masezerano mashya uri bukurikirwe n’ikiganiro ba Perezida Kagame na Talon bari bugirane n’itangazamakuru.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu Perezida Kagame na Talon barasura Ishami Rishinzwe iterambere riri mu mujyi wa Sème, aho Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ageza ikiganiro kuri ba rwiyemezamirimo bakiri bato ndetse n’abanyeshuri.

Perezida Kagame na Madamu we kandi bagomba gusura utundi duce dutandukanye nk’akitwa Amazone mu rwego rwo guha icyubahiro abagore b’abanya-Bénin, ndetse n’Urwibutso rwubatswe mu busitani bwa Mathieu (mu rwego rwo kwibuka abanya-Bénin yitangiye igihugu cyabo).

Ku kibuga cy’indege Madamu Jeannette Kagame yabanje kwakirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Imari Véronique Tognifonde

Biteganyijwe ko Perezida Kagame asoza uruzinduko rwe muri Bénin kuri iki Cyumweru, mbere yo kwerekeza muri Guinée-Conakry.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago