INKURU ZIDASANZWE

Musanze: Umujura yaraye arashwe na Polisi ahita apfa

Mu karere ka Musanze haravugwa inkuru y’umusore uri mu kigero cy’imyaka 28 wakekwagaho ubujura wapfuye arashwe na Polisi ishinzwe umutekano mu rukerera.

Advertisements

Iki gisambo cyarashwe mu rukerera tariki ya 17 Mata 2023, mu Kagari ka Rwambogo, Umudugudu wa Gakoro mu Murenge wa Musanze ahita ahasiga ubuzima.

Bivugwa ko byabaye mu masaha ya Munani z’igitondo bishyira n’igice, ubwo Polisi yakebukaga ibisambo bitatu byahise byiruka umwe afatwa n’isasu ahita apfa abandi babiri bararokoka.

Umuyobozi w’Akagari ka Rwambogo Umutoni Irakoze Sandra nawe yemeje iby’urupfu rw’icyo gisambo ndetse avuga ko umubiri we wahise ujyanwa kugira ngo ukorerwe isuzumwa ry’imbitse.

Yagize ati “Nibyo ibyo bisambo byari bitatu bahagarikwa n’inzego z’umutekano za Polisi bariruka, umwe muri bo araraswa ahita apfa abandi baratoroka, kugeza ubu RIB iracyakora iperereza kugira ngo hamenyekane amakuru yimbitse.”

Mu Rwanda hakomeje kugaragara ubugizi bwa nabi n’ingeso mbi z’ubujura hamwe na hamwe mu gihugu, inzego z’umutekano z’u Rwanda zirimo Polisi ziherutse kuvuga ko ziteguye guhangana n’umuntu ukora izo ngeso mbi, zavuze zitazorohera abakomeje gukora ibyo bikorwa bibi ko bazahanwa by’intangarugero.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera aherutse gutangaza ko bazi neza uduce tumwe na tumwe twigaruriye n’abasore bakomeje gucura umugambi mubi wo kwiba abaturage babambura amasakoshi, amatelefoni abandi bakanabagirira nabi, aha Umuvugizi wa Polisi yavuze ko iki kibazo bakizi kandi bagihagurukiye.

CP John Bosco Kabera yongeyeho ko ingamba zamaze gufatwa kandi uzafatirwa muri icyo cyaha azajya ashyikirizwa ubutabera agahanwa.

Umuvugizi wa Polisi yasabye abo basore ko bakwiriye gushaka ibindi bakora bijyanye no kwiteza imbere aho kugira ngo bajye gukora izo ngeso mbi zatuma babura n’ubuzima bwabo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago