Agahimbazamusyi kagenerwaga Abarimu kakuwe-MINEDUC
Nyuma y’igihe abarimu bahabwa agahimbazamusyi Minisiteri y’Uburezi yatangaje yamaze kugakuraho kubera akajagari kari kamaze kugaragaramo.
Ni ibintu byakiranyweho yombi n’abaturage hirya no hino mu gihugu iryo kurwaho ry’agahimbazamusyi kagenerwa abarimu mu bigo by’amashuri ya leta kari kamaze kuba umurengera ndetse kabaremereye.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine avuga ko iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kugaragaramo akajagari aho hari n’ibigo byishyuzaga ababyeyi asaga ibihumbi 150 FRW.
Buri kigo cy’ishuri ku bwumvikane n’ababyeyi bishyiriragaho amafaranga, nyamara ngo iyo bamwe mu babyeyi bayaburaga byatumaga abana babo birukanwa abandi bakabuzwa amahirwe yo gufata ifunguro ku ishuri.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine avuga ko iri tangwa ry’agahimbazamusyi ryaje kugaragaramo akajagari ndetse bikabangamira na bamwe mu babyeyi ku buryo hafashwe icyemezo cyo gukuraho iyi gahunda mu bigo byose by’amashuri.
Ni icyemezo cyakiriwe neza n’ababyeyi hirya no hino mu gihugu.
Itangwa ry’aya mafaranga y’agahimbazamusyi ryiyongeraga no ku musanzu w’ababyeyi batanga mu gufasha abana gufatira ifunguro ku ishuri n’indi misanzu itandukanye harimo n’iyo gusana inyubako z’ibigo by’amashuri.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…