IMIKINO

Umunyamategeko wo muri Arabia Saudite yasabye ko Cristiano Ronaldo yirukanwa mu gihugu nyuma y’ibyo yakoreye imbere y’abafana (VIDEO)

Umunyamategeko wo muri Arabia Saudite yasabye ko Cristiano Ronaldo yirukanwa mu gihugu nyuma yo kugaragara ko akora ibimenyetso bifatwa nk’ikizira mu gihugu imbere y’abafana nyuma yuko Al-Nassr akinira yatsinzwe na Al-Hilal ibitego 2-0 mu ijoro ryo ku wa kabiri, tariki ya 18 Mata.

Advertisements

Amashusho yashizwe ku mbuga nkoranyambaga yasaga nkaho yerekana uyu mukinnyi w’imyaka 38 afata imyanya y’ibanga ye ubwo yavaga mu kibuga mu buryo bwo gusubiza abafana baririmba izina rya mukeba we Lionel Messi.

Umunyamategeko Nouf bin Ahmed yagize icyo avuga kuri iki kibazo, kandi atanga icyifuzo ko Ronaldo yahanwa bikomeye kubera ibikorwa bye.

Ku rubuga rwa Twitter, Ahmed yagize ati “Bifatwa nk’icyaha cyo gusuzugura rubanda, kandi ni kimwe mu byaha bisaba gufatwa no koherezwa aho uba waravuye iyo bikozwe by’umwihariko n’umunyamahanga.” Ni nk’ubusambanyi muri rusange.

Ronaldo kandi yanenzwe cyane n’abanyamakuru bo muri Arabiya Sawudite, barimo Ozman Abu Bakr wavuze ko Al-Nassr igomba guhagarika amasezerano ye angana na miliyoni 175 z’ama pound yemerewe buri mwaka nyuma y’ikimenyetso cy’ubusambanyi n’ubupfura buke yakoreye imbere y’imbaga.

N’ubwo bimeze bityo ariko ikinyamakuru Marca kivuga ko Al-Nassr ivuganira umukinnyi wayo (Cristiano) ivuga ko yakoze icyo kimenyetso ku mpamvu ikipe ye yarimaze gutsindwa akikora ku myanya y’ibanga.

Ibi bije nyuma yaho umutoza wahawe ikipe kuri ubu Dinko Jelicic abonye ko atsinzwe akaba nkutakaje amahirwe yo kuzegukana irushanwa.

Umwanya wa kabiri Al-Nassr ubu iriho irushwa amanota atatu n’ikipe iyoboye Al-Ittihad imaze no gukina imikino myinshi, naho Al-Shabab ku mwanya wa gatatu, ikaba irushwa gusa amanota atatu igifite umukino w’ikirarane.

Ronaldo yararakaye cyane ubwo yavaga mu kibuga kandi amashusho kuri interineti asa nkaho yerekana imyanya y’ibanga mu gihe abari bamushyigikiraga imbere ya Stade mpuzamahanga ya King Fahd i Riyadh biririmbiraga ‘Messi! Messi! Messi!’ inshuro nyinshi ibintu bisa naho byababaje uyu mukinnyi.

Ubwo yerekezaga mu rwambariro, uwahoze ari umukinnyi wa Manchester United yagaragaye ashyira ikiganza cye mu gitsina cye maze asa n’ugikinisha.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago