IMIKINO

Ikipe ya Juventus yongeye kumwenyura nyuma yo gusubizwa amanota 15 yari yambuwe

Ibihano bya Juventus byo gukurwaho amanota 15 kubera gushinjwa kwitwara nabi mu kugura abakinnyi byakuweho, urukiko rukuru rw’imikino mu Butaliyani rutegeka ko urubanza rusubirwamo.

Advertisements

Ikipe ya Juventus yahanwe muri Mutarama nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kubeshya ku byerekeye amafaranga yaguze abakinnyi no guhemba.

Ubu iyi kipe yavuye ku mwanya wa karindwi igera ku mwanya wa gatatu muri Serie A, ariko ishobora kongera guhanwa nyuma y’urubanza rushya.

Umuyobozi w’umupira muri Tottenham, Fabio Paratici, yatsinzwe ubujurire bwe bwo guhagarikwa amezi 30 mu rubanza rumwe n’urwo.

Uyu wahoze ari umuyobozi wa siporo wa Juventus yari umwe mu bayobozi 11 bari muri iyo kipe, abahozemo cyangwa batakiyirimo bahanwe kubera kiriya cyaha Juventus yashinjwaga.

Yasezeye mu nshingano ze muri Tottenham Spurs ubwo ibihano bye byashyirwaga ku rwego mpuzamahanga, ndetse kuva icyo gihe iyi kipe yo mu majyaruguru ya London yatangiye gushakisha umusimbura we.

Iyi kipe yakuweho amanota nyuma yo gukorwaho iperereza ku masezerano yo kugura abakinnyi yakoze mu myaka ibiri kuva 2019 kugeza 2021 n’ubuyobozi bukuru bw’umupira w’amaguru mu Butaliyani (FIGC).

Juventus yashinjwaga kubeshya amafaranga yatanze kugira ngo yunguke amayero agera kuri miliyoni 60 mu kugurisha abakinnyi bityo ntizahabwe ibihano byo kurekura amafaranga menshi aruta ayo yinjije ibizwi nka Financial fair play.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago