Ishyaka riri ku butegetsi mu gihugu cya Uganda ryemeye ko itegeko rihana abahuza ibitsina b’igitsina kimwe (bazwi nk’abatinganyi), ryemejwe n’inteko ishingamategeko mu kwezi gushize, risubizwa mu nteko kugira ngo ryongere risuzumwe.
Mu nama ku wa kane na Perezida wa Uganda Yoweri Museveni, unakuriye ishyaka rya NRM, abadepite bemeranyijwe ku “bitekerezo ku ivugurura ryawo [umushinga w’itegeko]”, nkuko bikubiye mu itangazo ry’inama y’abadepite ba NRM.
Muri zimwe mu ngingo zawo, uyu mushinga w’itegeko uteganya igifungo cya burundu ku bantu bavuga ko ari abatinganyi – banazwi nk’aba LGBT – ndetse n’igihano cy’urupfu ku kivugwa ko ari ubutinganyi bukaze cyane.
Ayo mavugurura Perezida Museveni yifuza ko akorwa kuri uwo mushinga w’itegeko ntaramenyekana.
Iyo itegeko ryemejwe n’inteko ishingamategeko, Perezida aba afite igihe kigera hafi ku kwezi cyo kurishyiraho umukono, kuryanga cyangwa kurisubiza abadepite ngo barivugurure hanyuma inteko yongere iritorere.
Perezida Museveni yavuze kenshi ko ingingo y’ubutinganyi icyeneye kuganirwaho kurushaho.
Uyu mushinga w’itegeko watowe ku bwiganze bw’amajwi ku ruhande rw’ishyaka riri ku butegetsi no ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Ishyaka NRM ni ryo ryiganje mu nteko ishingamategeko – ndetse aho rihagaze ku itegeko runaka buri gihe ni ho hagira ijambo rikomeye (ni ho hatsinda).
Abanenga iri tegeko bavuze ko rishishikariza kwanga abatinganyi, rigahonyora itegekonshinga rya Uganda ndetse ko buri muntu wese ucyekwaho kuba ari umutinganyi rizamugiraho ingaruka.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…