Ku cyumweru tariki ya 23 Mata 2023, umugabo w’imyaka 40 witwa Twagirayezu Theogene wo mu Murenge wa Rutunga, Akarere ka Gasabo, yitabye Imana nyuma yaho we n’abandi 14 basangiye ubushera ku muturanyi wabo witwa Tuyishimire Jean Claude, bikekwa ko bwaba buhumanye.
Amakuru avuga ko kuwa 16 Mata 2023, basangiye ubushera ku muturanyi wabo utuye mu Kagari ka Kabariza, Umudugudu wa Nyabise, bagahita batangira kumererwa nabi.
Abo baturage bahise bajyanwa ku Kigo nderabuzima cya Kayanga barimo babara mu nda.
Nyuma yo kwitabwaho n’abaganga bahise bataha mu ngo zabo uko ari 15 bakomeza gukurikiranwa kuko bari batarakira neza.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rutunga, François Iyamuremye, yavuze ko ibizami bya gihanga aribyo bizemeza ko uyu muturage yazize ubushera.
Ati ”Abarwayi barwaye tariki 16 Mata, bajya kwa muganga bakurikiranwa bari mu rugo. Umwe rero yitabye Imana ejo. Ibyuko ari ubushera tuzabyemezwa na autopsy bagiye gukorera umuntu, na sample y’ifu bari bakoresheje.”
Akomeza ati” Byashoboka ko byari bihumanye, harimo imyanda mu byo bari bakoresheje, byose tuzabimenya ibizami bimaze gusohoka.”
Gitifu Iyamuremye yagiriye inama abaturage kwitwararika mu byo banywa.
Ati” Turihanganisha abarwayi n’uwabuze uwabo. Urwicyekwe rukagabanuke mu baturage kandi bakitwararika mu byo bagiye kunywa.”
Amakuru avuga ko Tuyishimire Jean Claude wenze ubwo bushera yaganirijwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri station ya Rutunga, ngo hamenyekane ukuri kwabyo nubwo bivugwa ko nawe ubushera yabunyoyeho.
Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Kacyiru aho hazafatirwa n’ibindi bizami ngo harebwe icyishe uwo muturage.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…