RWANDA

Gasabo: Ubushera bwahitanye umwe muri 15

Ku cyumweru tariki ya 23 Mata 2023, umugabo w’imyaka 40 witwa Twagirayezu Theogene wo mu Murenge wa Rutunga, Akarere ka Gasabo, yitabye Imana nyuma yaho we n’abandi 14 basangiye ubushera ku muturanyi wabo witwa Tuyishimire Jean Claude, bikekwa ko bwaba buhumanye.

Amakuru avuga ko kuwa 16 Mata 2023, basangiye ubushera ku muturanyi wabo utuye mu Kagari ka Kabariza, Umudugudu wa Nyabise, bagahita batangira kumererwa nabi.

Abo baturage bahise bajyanwa ku Kigo nderabuzima cya Kayanga barimo babara mu nda.

Nyuma yo kwitabwaho n’abaganga bahise bataha mu ngo zabo uko ari 15 bakomeza gukurikiranwa kuko bari batarakira neza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rutunga, François Iyamuremye, yavuze ko  ibizami bya gihanga aribyo bizemeza ko uyu muturage yazize ubushera.

Ati ”Abarwayi barwaye tariki 16 Mata, bajya kwa muganga bakurikiranwa bari mu rugo. Umwe rero yitabye Imana ejo. Ibyuko ari ubushera tuzabyemezwa na autopsy bagiye gukorera umuntu, na sample y’ifu bari bakoresheje.”

Akomeza ati” Byashoboka ko byari bihumanye, harimo imyanda mu byo bari bakoresheje, byose tuzabimenya ibizami bimaze gusohoka.”

Gitifu Iyamuremye yagiriye inama abaturage kwitwararika mu byo banywa.

Ati” Turihanganisha abarwayi n’uwabuze uwabo. Urwicyekwe rukagabanuke mu baturage kandi bakitwararika mu byo bagiye kunywa.”

Amakuru avuga ko Tuyishimire Jean Claude wenze ubwo bushera yaganirijwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri station ya Rutunga, ngo hamenyekane ukuri kwabyo nubwo bivugwa ko nawe ubushera yabunyoyeho.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Kacyiru aho hazafatirwa n’ibindi bizami ngo harebwe icyishe uwo muturage.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago