IMYIDAGADURO

Zimwe mu ndirimbo z’Abanyarwanda zahagaritswe gucurangwa mu Burundi

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe itumanaho mu Burundi gifite itangazamakuru mu nshingano cyahagaritse zimwe mu ndirimbo z’Abarundi n’abahanzi Nyarwanda kubera impamvu zumvikanamo amagambo y’urukozasoni.

Advertisements

Izi ndirimbo zirimo niza bahanzi bakomeye hano mu gihugu cy’u Rwanda ndetse n’ababarizwa mu gihugu cy’u Burundi, zimwe muri zo nk’iyitwa Ikinyafu yamamaye cyane mu Karere y’umuhanzi Bruce Melodie afatanyije na Kenny Sol.

Bamwe mu bahanzi ba banyarwanda indirimbo zabo zakumiriwe harimo Bruce Melodie, Juno Kizigenza, Davis D, Dj Pius, Afrique n’abandi benshi.

Impamvu leta y’u Burundi yahisemo kuzihagarika yavuze ko ngo izo ndirimbo zirimo amagambo y’urukozasoni.

Uyu mwanzuro wo guhagarika zimwe mu ndirimbo z’abahanzi gucurangwa kandi harimo n’izari zikunzwe cyane, byatangajwe na Ambasaderi Vestine Nahimana uhagarariye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe itumanaho mu Burundi ubwo bari mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa mbere tariki 24 Mata 2023.

Amb. Vestine Nahimana yatangaje ko indirimbo zirimo urukozasoni zihagarikwa gucurungwa mu Burundi

Zimwe mu ndirimbo zakumiriwe gucurangwa mu gihugu cy’u Burundi harimo, Mpamagara ya Pizzo John na Davis D, Nyash ya Yvan Muziki na DJ Pius na Ikinyafu ya Bruce Melodie, Akadaje ya Alvin Smith na Juno Kizigenza, Inzoga n’Ibebi ya Double Jay, Kirikou na Bruce Melodie, Akinyuma ya Bruce Melodie na My boo ya Afrique.

Aha Amb. Vestine yasabye ko izo ndirimbo zitazongera gucurangwa yaba kuri Television no kuri Radio.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago