POLITIKE

Alain Mukuralinda yatanze icyizere cyo guhungisha Abanyarwanda muri Sudan

Umuvugizi wungirije wa leta Alain Mukuralinda mu kiganiro yahaye BBC Gahuzamiryango kuri uyu wa gatatu yavuze ko hari abanyarwanda bagiye gukurwa muri Sudan kubera intambara, bamwe bakaba ari abakozi b’Umuryango w’Abibumbye, abandi ari abikorera ku giti cyabo hamwe n’abanyeshuri.

Yagize ati “Abo bose ambasade y’u Rwanda i Khartoum izi aho bari, irimo kuvugana nabo, ndetse ikabaha n’amabwiriza yashyizweho mu bufatanye bwa ambasade n’ububanyi n’amahanga bw’aho bagomba kujyayo kugira ngo babashe kuba bari hamwe baze kubasha kuhavanwa.”

Impande ziri mu mirwano muri Sudan zemeranyijwe agahenge k’amasaha 72 guhera ku wa mbere saa sita z’ijoro ku isaha yaho, nk’uko bivugwa na Antony Blinken ushinzwe ububanyi n’amahanga bwa Amerika.

Aka gahenge nikubahirizwa gashobora gutuma abantu benshi barushaho guhunga no guhungishwa bava muri iki gihugu.

Gusa kugeza ubwo Mukuralinda yaganiraga na BBC yavuze ko kubahungisha “kugeza ubu ni ibintu bigoye kubera ko ikirere cya kiriya gihugu gisa n’igifunze kubera intambara.”

Ati “Ni ukuvuga ko hagomba kuza gukoreshwa inzira z’ubutaka, ibihugu bimwe byazikoresheje, n’Abanyarwanda niyo bari bucemo. Ni ukuvuga ngo niba hari abaramutse bagiye mu Misiri, ambasade y’u Rwanda mu Misiri irahari iriteguye kuburyo baramutse bageze ku mupaka bahasanga abakozi ba ambasade bakabafasha gukomeza urugendo.”

Abantu bagera kuri 400 ni bo bamaze kwicwa kuva imirwano yakwaduka ku itariki ya 15 Mata.

Intambara ibera muri Sudan komeje guhingisha benshi

Abarimo guhunga iki gihugu bakoresheje inzira z’ubutaka benshi barerekeza mu majyaruguru mu Misiri, mu burasirazuba ku nyanja itukura ku cyambu cya Port Sudan cyangwa mu majyepfo muri Sudani y’Epfo.

Leta ya Sudani y’Epfo yatangaje ko abantu bagera ku 9,000 binjiye muri iki gihugu kuva iyi mirwano yatangira mu minsi 10 ishize.

Deng Dau Deng minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Sudani y’Epfo yabwiye BBC ko muri bo abagera ku 6,000 ari abaturage b’iki gihugu cye, naho abagera ku 3,000 bakaba ari uruvange rw’abaturage bo muri Sudani, Kenya, Uganda, Ethiopia, Eritrea na Somalia.

Mukuralinda yabwiye BBC ko ku Banyarwanda bakiriyo “gahunda ni uko bava muri Sudan bajya mu Misiri”.

Ati “Icy’ingenzi navuga ni uko kugeza ubu [muri bo] nta uragira ikibazo muri iyo mirwano yaba gukomereza cyangwa se ngo abe yahaburira ubuzima.”

Mukuralinda yavuze ko abakozi ba ambasade y’u Rwanda i Khartoum “nibiba ngombwa nabo bazahava, ariko ntibashobora kuhava batabanje kwita kuri abo Banyarwanda.”

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

6 mins ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

2 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

2 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

2 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

23 hours ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

1 day ago