POLITIKE

Alain Mukuralinda yatanze icyizere cyo guhungisha Abanyarwanda muri Sudan

Umuvugizi wungirije wa leta Alain Mukuralinda mu kiganiro yahaye BBC Gahuzamiryango kuri uyu wa gatatu yavuze ko hari abanyarwanda bagiye gukurwa muri Sudan kubera intambara, bamwe bakaba ari abakozi b’Umuryango w’Abibumbye, abandi ari abikorera ku giti cyabo hamwe n’abanyeshuri.

Advertisements

Yagize ati “Abo bose ambasade y’u Rwanda i Khartoum izi aho bari, irimo kuvugana nabo, ndetse ikabaha n’amabwiriza yashyizweho mu bufatanye bwa ambasade n’ububanyi n’amahanga bw’aho bagomba kujyayo kugira ngo babashe kuba bari hamwe baze kubasha kuhavanwa.”

Impande ziri mu mirwano muri Sudan zemeranyijwe agahenge k’amasaha 72 guhera ku wa mbere saa sita z’ijoro ku isaha yaho, nk’uko bivugwa na Antony Blinken ushinzwe ububanyi n’amahanga bwa Amerika.

Aka gahenge nikubahirizwa gashobora gutuma abantu benshi barushaho guhunga no guhungishwa bava muri iki gihugu.

Gusa kugeza ubwo Mukuralinda yaganiraga na BBC yavuze ko kubahungisha “kugeza ubu ni ibintu bigoye kubera ko ikirere cya kiriya gihugu gisa n’igifunze kubera intambara.”

Ati “Ni ukuvuga ko hagomba kuza gukoreshwa inzira z’ubutaka, ibihugu bimwe byazikoresheje, n’Abanyarwanda niyo bari bucemo. Ni ukuvuga ngo niba hari abaramutse bagiye mu Misiri, ambasade y’u Rwanda mu Misiri irahari iriteguye kuburyo baramutse bageze ku mupaka bahasanga abakozi ba ambasade bakabafasha gukomeza urugendo.”

Abantu bagera kuri 400 ni bo bamaze kwicwa kuva imirwano yakwaduka ku itariki ya 15 Mata.

Intambara ibera muri Sudan komeje guhingisha benshi

Abarimo guhunga iki gihugu bakoresheje inzira z’ubutaka benshi barerekeza mu majyaruguru mu Misiri, mu burasirazuba ku nyanja itukura ku cyambu cya Port Sudan cyangwa mu majyepfo muri Sudani y’Epfo.

Leta ya Sudani y’Epfo yatangaje ko abantu bagera ku 9,000 binjiye muri iki gihugu kuva iyi mirwano yatangira mu minsi 10 ishize.

Deng Dau Deng minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Sudani y’Epfo yabwiye BBC ko muri bo abagera ku 6,000 ari abaturage b’iki gihugu cye, naho abagera ku 3,000 bakaba ari uruvange rw’abaturage bo muri Sudani, Kenya, Uganda, Ethiopia, Eritrea na Somalia.

Mukuralinda yabwiye BBC ko ku Banyarwanda bakiriyo “gahunda ni uko bava muri Sudan bajya mu Misiri”.

Ati “Icy’ingenzi navuga ni uko kugeza ubu [muri bo] nta uragira ikibazo muri iyo mirwano yaba gukomereza cyangwa se ngo abe yahaburira ubuzima.”

Mukuralinda yavuze ko abakozi ba ambasade y’u Rwanda i Khartoum “nibiba ngombwa nabo bazahava, ariko ntibashobora kuhava batabanje kwita kuri abo Banyarwanda.”

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

52 minutes ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago