Umukobwa wa Gen Bunyoni yavuze aho Se afungiye n’abandi bagize umuryango we
Umuryango wa General Alain Guillaume Bunyoni, uherutse gufatwa n’inzego z’igiporisi ubu uratekanye kandi wasubijwe uburyo bw’itumanaho inyuma y’iminsi bangiwe kuva mu rugo rwabo kuva kuwa mbere w’icyumweru gishize.
Ibi byemejwe na Darlene Bonyoni, umwe mu bana ba General Bunyoni.
Kuri terefone ari mu Bushinwa, Darlene yabwiye BBC ko ubu ashobora kuvugana n’umuryango we kandi ko bameze neza.
Ati “Bari bamaze nk’icyumweru cyose nta terefone bafite barayabatse badashobora kwisanzura, batanababwiye impamvu babafungiye mu rugo.”
Darlene avuga ko umunsi isakwa ryabaga, abo mu muryango we batabangamiwe n’ubwo atazi ibyo abashinzwe umutekano bagiye batwaye iwabo mu rugo.
Yavuze ko hashize nk’iminsi abo mu muryango we basubijwe amaterefone yabo, bemererwa kandi ko ngera gukora imirimo yabo ya buri munsi irimo kujya ku ishuri cyangwa ku kazi.
Yongeye ho ko Kuva kuwa mbere bene wabo bari mu rugo kandi bajya ku ishuri, ariko ko baherekezwa n’abashinzwe umutekano batandukanye n’abo bahoranaga mu rugo.
Alain Guillaume Bonyoni wahoze ari Minisitiri w’intebe mu Burundi yafashwe ku wa gatanu ushize, tariki 21 Mata nyuma y’iminsi ine inzego z’igiporisi zigiye kumushakisha mu rugo iwe zikamubura.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…