POLITIKE

Hari Abanyarwanda banze guhungishwa intambara ibera muri Sudan

Umuvugizi wungirije wa leta Alain Mukuralinda yavuze ko Abanyarwanda 36 bari muri Sudani, tariki 24 Mata bafashijwe kuvayo bakagera i Cairo mu Misiri hifashishijwe imodoka mu rugendo rwatwaye amasaha 30.

Advertisements

Ibihugu byinshi biri guhungisha abaturage babyo batuye muri Sudani cyane cyane mu Murwa Mukuru Khartoum, nyuma y’uko hadutse imirwano hagati y’igisirikare n’umutwe w’Inkeragutabara uzwi nka RSF.

Imirwano iri kubera mu mujyi rwagati ku buryo ibikorwa byinshi byahagaze, abaturage basabwa kuguma mu nzu ndetse impande zombi zanga gutanga agahenge ngo ibikorwa by’ubutabazi bikorwa.

Uretse abo Banyarwanda bafashijwe kuva muri Sudani kuri uyu wa Mbere, Mukuralinda yavuze ko hari abandi bahavuye bafashijwe n’Umuryango w’Abibumbye ndetse na Guverinoma y’u Bufaransa.

Aganira na The New Times yagize ati “Abanyarwanda babiri nibo bagumye muri Sudani ku bushake bwabo. Basanzwe bahakorera, amakuru yabo Ambasade yacu irayazi tuzakomeza gukurikirana umutekano wabo.”

Nubwo umubare nyawo w’abanyarwanda bamaze kuvanwa muri Sudani utaramenyekana, bivugwa ko bari hagati ya 50 na 70.

Yavuze ko umubano w’u Rwanda na Sudani ukimeze neza, ari nabyo byatumye habaho ubutabazi Abanyarwanda bari muri icyo gihugu bagafashwa gutaha.

Mukuralinda yavuze ko umubare wa nyawo uzamenyekana nyuma yo guhuza imibare yose y’abafashijwe kuva muri Sudani.

Imirwano muri Sudani yadutse tariki 15 Mata, hagati y’Ingabo za Leta zishyigikiye Gen Abdel Fattah al-Burhan uyoboye akanama ka gisirikare kahiritse ubutegetsi muri Sudani n’igice cy’Inkeragutabara zahoze ari inyeshyamba ziyobowe na Gen Mohamed Hamdan Daglo.

Aba bombi bafatanyije guhirika ubutegetsi bwa Omar el Bashir mu 2019, baza gushwana bapfa ko ingabo za Dagalo zangiwe kwinjira mu gisirikare.

Umuryango w’Abibumbye watangaje ko hari impungenge ko imirwano yafata indi ntera, kuko nta ruhande na rumwe rushaka kujya mu biganiro.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago