IMYIDAGADURO

Nyuma y’ukwezi abarenga 140 bamaze kwiyandikisha bashaka kwegukana ikamba rya Miss Burundi

Mu gihugu cy’u Burundi mugihe haritegurwa igikorwa cyo gushaka uzasimbura ufite ikamba ry’ubwiza w’umwaka ushize, abarenga 140 bamaze kwiyandikisha.

Advertisements

Ni nyuma y’ukwezi gusa batangaje ko hagiye gukorwa ijonjora abategura irushanwa baravuga ko kuri 142 bose bamaze kwiyandikisha kugira ngo bazegukane ikamba.

Tariki ya 29 Mata 2023 nibwo hateganyijwe ijonjora ry’ibanze rizabera ahitwa ‘Roca Golf Hotel’ hashakwa abakobwa bahiga abandi mu bwiza.

Abiyandikishije bose basabwaga kuba ari abakobwa bavuka cyangwa bafite ubwenegihugu bw’u Burundi, bafite imyaka itarenze 25 ariko itari munsi ya 18, bashobora kuvuga neza Igifaransa n’Ikirundi.

Umwaka ushize ikamba ryegukanwe n’umukobwa witwa Kelly Ngaruko.

Miss Burundi umwaka 2022 yabaye Kelly Ngaruko

Nk’uko bikubiye mu mabwiriza agenga irushanwa umukobwa uhatanira ikamba agomba kuba yararangije amashuri yisumbuye, afite uburebure butari munsi ya metero 1,65, atarengeje ibiro 65, atarigeze abyara cyangwa ngo ashake umugabo, ikindi ni uko agomba kuba atarigeze akatirwa n’inkiko.

Uzegukana ikamba rya Miss Burundi azahabwa imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Ractis, litiro 480 za lisansi, ubwishingizi bw’imodoka, azajya akorerwa imodoka, yishyurirwe amashuri, anagenerwe umushahara w’ibihumbi 500Fbu.

Imodoka ya Toyota Ractis izahembwa uzegukana ikamba rya Miss Burundi 2023

Igisonga cya mbere cya Miss Burundi kizagenerwa 2 500 000 Fbu, Igisonga cya kabiri kizagenerwa 2 000 000Fbu naho umukobwa uzagaragaza ko ashyigikiwe cyane akazagenerwa 1 000 000Fbu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago