INKURU ZIDASANZWE

Umwarimu uherutse kurwana n’umunyeshuri agatamazwa n’ubwambure bwe yahagaritse kwigisha burundu

Umwarimu uherutse kugaragara arwana n’umunyeshuri mu mashusho yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga bapfa telefone yahagaritse kwigisha bya kinyamwuga burundu.

Advertisements

Uyu mwarimu witwa Xaviera Steele wasimbujwe ku mwuga we wo kwigisha ni nyuma yo guterana amagambo n’umunyeshuri ku itariki 17 Mata.

Icyo gihe habaye imirwano ikaze hagati y’umwarimu n’umunyeshuri bapfa telefone ndetse uwo mwarimu birangira atamajwe no kwambara ubusa ibintu byasakajwe ku mbuga nkoranyambaga.

Icyakora cyo, uyu mwarimu yirinze gutangaza ahandi hantu agiye kwerekeza ku rubuga rwa OnlyFans, ubwo benshi batangaga ibitekerezo by’uko yaramaze kurwana n’umunyeshuri wagaragaje ikinyabupfura gike.

Yagize ati “Urubuga rwa OnlyFans rukomeje gutandukira, ntabwo ndi muri urwo rwego rw’abo bakobwa, nakuriye mu rusengero.”

Amashusho yashyizwe kuri Twitter yerekanye intambara ikomeye yabaye hagati ya Steele n’umunyeshuri, wababajwe n’umwarimu kubera gufata terefone ye.

Steele amaze gukambana uwo munyeshuri, yumvikanye ahamagara asaba ubufasha, asaba abaraho guhamagara abandi barimu.

Ni mugihe abandi bifatiraga amashusho barangariye uwo mwarimu.

Muri ayo mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga Steele mu kwiregura yavuze ko aribwo bwa mbere mu mwuga we w’ubwarimu yarasagariwe n’umunyeshuri gutyo.

Yagize ati “Mu myaka 22 yose ishize, sinigeze mbona ibyo nahuye nabyo kuri uyu wa mbere”.

Ati: “Ntabwo nigeze ngabwaho igitero n’abasore. Nkunda urubyiruko. Iyi niyo mpamvu nkorana nabo. Mbafitiye umutima kuri bo. Uwo mukobwa ukiri muto wanteye maze ashaka amaraso yanjye. ”

Nk’uko Steele abitangaza ngo mu mezi make ashize mu kigo yigishagamo habaye ibintu byinshi harimo nuko umwarimu yamutunze imbunda abandi babiri bakubitwa n’abana.

Yongeyeho ati “Nkuko nkunda abana, sinshobora gushyira ubuzima bwanjye cyangwa ukubaho ku buzima kwanjye mu kaga. Nzasezera kuri uyu mwuga ”.

Uyu mwarimu Steele yarasanzwe yigisha mu kigo cya Rocky Mount muri Amerika.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago